BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusizi: Abafite ubumuga barinubira inyubako zitarimo inzira ziborohereza

Rusizi: Abafite ubumuga barinubira inyubako zitarimo inzira ziborohereza

admin
Last updated: December 5, 2022 12:39 pm
admin
Share
SHARE

Abafite ubumuga butandukanye bo mu Karere ka Rusizi bavuga ko hakiri inzu zirimo iz’ubuyobozi n’izindi zubatswe mu buryo butaborohera kuzigerano bajya gusaba serivisi.

Abafite ubumuga basaba ko inyubako ndende zishyirwamo inzira ziborohereza

Ibi bibigaragaje kuri uyu wa 3 ukuboza 2022 ubwo hizizwaga umunsi mukuru ngaruka mwaka mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga.

Mushamuka Paul afite ubumuga bw’amaguru ahagarariye abafite ubumuga mu Murenge wa Muganza avuga ko hari ubwo bajya kwaka serivisi mu nyubako zikoreramo abayobozi bikabagora.

Ati “Hari ubwo ujya gusaba serivisi mu nyubako zirimo ingazi kuzizamuka kugera ku muyobozi bikakugora  bitewe n’ubumuga umuntu afite, turifuza ko twajya dukorerwa inzira nk’uko amategeko abisaba.”

Ujyakuvuga Calixte nawe ni umwe mu bafite ubumuga, ati “Aho abandi bagiye twebwe ntabwo tuhanyura nko kujya gusaba serivisi kwa Meya, haraterera ufite akagare cyangwa imbago ntabasha kuhagera neza, turasaba badufashe tujye tubasha kugera kubayobozi dushakaho serivisi.”

Kuri ubu nubwo hakiri ibikibangamira, barishimira ko hari byinshi byakemutse bakaba bafite icyizere ko n’ibindi bizakemurwa.

Hagenimana Sylvere, Umuhuzabikorwa w’Inama y’abantu bafite ubumuga mu karere ka Rusizi yishimira ko ibyifuzo byabo leta ibyumva.

Ati“Turishimirako ijwi ryacu ryumvikana, igihugu kikadufasha imibereho yacu ikazamuka hari ibyakemutse, hano iwacu muri Rusizi, amasoko menshi n’andi mazu menshi atangirwamo serivisi ari hejuru kujyamo n’ukuzamuka ingazi, turasaba ko  bajyabubaka bakurikije inzira zitworohereza.”

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko bugiye gukora ibishoboka byose bukaganira n’abafite inyubako zubatswe cyera zigerwamo n’ugiye gusaba serivisi anyuze ku ngazi, hakarebwa uko bashyiraho n’inzira zorohereza abafite ubumuga.

Ubu buyobozi buranibutsa abantu bari kubaka inzu ndende ko gushyiraho inzira yorohreza abafite ubumuga ko ari itegeko bagomba kubahiriza.

Ndagihimana Louis Munyemanzi ni umuyobozi w’akarere ka Rusizi wungirije ushinzwe ubukungu yagize ati“Gushyira inzira z’abafite ubumuga mu nyubako ndende ni itegeko ,abantu bari kubaka ubu bagomba kuryubahiriza, aho zubatswe mbere bitarakozwe tuzaganira nabo bazishyiremo, niba uwubatse nta bushozi afite abantu bazaganira uburyo bizakorwamo.”

Ku wa 3 Ukuboza ni itariki ngarukamwaka isi yose yizihiza umunsi mpuzamahanga w’abantu bafite ubumuga uyu mwaka wa 2022 mu karere ka Rusizi wizihirijwe mu murenge wa Muganza.Muri kano karere hari amatsinda 214 y’abantu bafite ubumuga butandukanye.

MUHIRE Donatien /UMUSEKE.RW i RUSIZI

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?