BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

admin
Last updated: December 2, 2022 9:59 am
admin
Share
SHARE

Ikinyamakuru cya Leta ya Vatican cyatangaje ko Papa Francis azasura Congo Kinshasa, na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023.

Papa Francis azasura Congo Kinshasa na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican bivuga ko Papa Francis azasura Congo na Sudan y’Epfo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera ku ya 05 Gashyantare, 2023.

Ubwo yari gukora uru ruzinduko mu ki ry’uyu mwaka byabaye ngombwa ko rusubikwa kubera ibibazo by’ubuzima bwe.

Ni urugendo rugamije amahoro nk’uko ibiro bye byabitangaje.

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican, bivuga ko Papa nyuma yo kwemera ubutumire bw’Abakuru b’Ibuhugu n’Abasenyeri, asasura Congo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera tariki 03 z’ukwezi kwa Kabiri, 2023.

Kuri uwo munsi hazaba ari ku wa Kabiri, ku itariki 31 Mutarama, 2023 nibwo Papa azava i Roma biteganyijwe ko ku isaha ya saa cyenda (15h00) azaba ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, i Kinshasa.

Azakirwa ku Biro by’Umukuru w’Igihugu, ndetse azahura n’abayobozi batandukanye, abayobora imiryango itari iya Leta, n’abahagarariye ibihugu byabo.

Mbere byari byavuzwe ko Papa azagera i Goma, ariko kuri gahunda ye Uburasirazuba bwa Congo ntiburimo, gusa ku itariki ya 01 Gashyantare, 2023 azaganira n’abagirwaho ingaruka n’umutekano muke n’intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Ku itariki 02 Gashyantare, 2023 Papa azaganira n’urubyiruko, ndetse agirane inama yihariye n’abagize umuryango wa Cosiete de Jesus.

Papa azava i Kinshasa ku itariki 03 Gashyantare ajya i Juba muri Sudan y’Epfo aho azamara iminsi ibiri, ku itariki 05 Gashyantare asoze uruzinduko rwe, asubira i Roma.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira…

RDF yashimiye abasirikare batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye ku basirikare bageze ku myaka y’ikiruhuko…

Inyeshyamba za AFC / M23 zikomeje kwigarurira aduce muri teritwari ya Masisi, mu majyaruguru ya Kivu.

Abarwanyi b'umutwe wa M23 bigaruriye uduce dukomeye twa Ngululu na Ndete, muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?