BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

admin
Last updated: December 2, 2022 9:59 am
admin
Share
SHARE

Ikinyamakuru cya Leta ya Vatican cyatangaje ko Papa Francis azasura Congo Kinshasa, na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023.

Papa Francis azasura Congo Kinshasa na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican bivuga ko Papa Francis azasura Congo na Sudan y’Epfo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera ku ya 05 Gashyantare, 2023.

Ubwo yari gukora uru ruzinduko mu ki ry’uyu mwaka byabaye ngombwa ko rusubikwa kubera ibibazo by’ubuzima bwe.

Ni urugendo rugamije amahoro nk’uko ibiro bye byabitangaje.

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican, bivuga ko Papa nyuma yo kwemera ubutumire bw’Abakuru b’Ibuhugu n’Abasenyeri, asasura Congo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera tariki 03 z’ukwezi kwa Kabiri, 2023.

Kuri uwo munsi hazaba ari ku wa Kabiri, ku itariki 31 Mutarama, 2023 nibwo Papa azava i Roma biteganyijwe ko ku isaha ya saa cyenda (15h00) azaba ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, i Kinshasa.

Azakirwa ku Biro by’Umukuru w’Igihugu, ndetse azahura n’abayobozi batandukanye, abayobora imiryango itari iya Leta, n’abahagarariye ibihugu byabo.

Mbere byari byavuzwe ko Papa azagera i Goma, ariko kuri gahunda ye Uburasirazuba bwa Congo ntiburimo, gusa ku itariki ya 01 Gashyantare, 2023 azaganira n’abagirwaho ingaruka n’umutekano muke n’intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Ku itariki 02 Gashyantare, 2023 Papa azaganira n’urubyiruko, ndetse agirane inama yihariye n’abagize umuryango wa Cosiete de Jesus.

Papa azava i Kinshasa ku itariki 03 Gashyantare ajya i Juba muri Sudan y’Epfo aho azamara iminsi ibiri, ku itariki 05 Gashyantare asoze uruzinduko rwe, asubira i Roma.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?