BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

Ibyo wamenya ku ruzinduko Papa Francis azagirira muri Congo

admin
Last updated: December 2, 2022 9:59 am
admin
Share
SHARE

Ikinyamakuru cya Leta ya Vatican cyatangaje ko Papa Francis azasura Congo Kinshasa, na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023.

Papa Francis azasura Congo Kinshasa na Sudan y’Epfo mu ntangiriro z’umwaka wa 2023

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican bivuga ko Papa Francis azasura Congo na Sudan y’Epfo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera ku ya 05 Gashyantare, 2023.

Ubwo yari gukora uru ruzinduko mu ki ry’uyu mwaka byabaye ngombwa ko rusubikwa kubera ibibazo by’ubuzima bwe.

Ni urugendo rugamije amahoro nk’uko ibiro bye byabitangaje.

Ibiro bishinzwe itangazamakuru i Vatican, bivuga ko Papa nyuma yo kwemera ubutumire bw’Abakuru b’Ibuhugu n’Abasenyeri, asasura Congo kuva tariki 31 Mutarama, 2023 kugera tariki 03 z’ukwezi kwa Kabiri, 2023.

Kuri uwo munsi hazaba ari ku wa Kabiri, ku itariki 31 Mutarama, 2023 nibwo Papa azava i Roma biteganyijwe ko ku isaha ya saa cyenda (15h00) azaba ageze ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Ndjili, i Kinshasa.

Azakirwa ku Biro by’Umukuru w’Igihugu, ndetse azahura n’abayobozi batandukanye, abayobora imiryango itari iya Leta, n’abahagarariye ibihugu byabo.

Mbere byari byavuzwe ko Papa azagera i Goma, ariko kuri gahunda ye Uburasirazuba bwa Congo ntiburimo, gusa ku itariki ya 01 Gashyantare, 2023 azaganira n’abagirwaho ingaruka n’umutekano muke n’intambara mu Burasirazuba bwa Congo.

Ku itariki 02 Gashyantare, 2023 Papa azaganira n’urubyiruko, ndetse agirane inama yihariye n’abagize umuryango wa Cosiete de Jesus.

Papa azava i Kinshasa ku itariki 03 Gashyantare ajya i Juba muri Sudan y’Epfo aho azamara iminsi ibiri, ku itariki 05 Gashyantare asoze uruzinduko rwe, asubira i Roma.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?