BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yemeje Rulisa nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

Ferwafa yemeje Rulisa nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

admin
Last updated: December 1, 2022 12:14 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], ryakuyeho igihu ku bibazaga umusifuzi mpuzamahanga uzasimbura Hakizimana Louis uherutse guhagarika gusifura, ryemeza ko uwatanzwe muri FIFA ari Rulisa Patience aho kuba Nsabimana Céléstin.

Ferwafa yemeje ko Rulisa Patience ari we watanzwe Ku rutonde rwa FIFA nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

Muri Kamena 2022, ni bwo Hakizimana Louis yasifuye umukino we wari uwa nyuma nk’umusifuzi.

Ubusanzwe ku rwego mpuzamahanga, iyo umusifuzi runaka asezeye aba agomba gusimbuzwa undi wo muri icyo gihugu kugira ngo uwo mwanya udapfa ubusa.

Mu Rwanda hari abasifuzi bavuzwe nk’abazavamo umusimbura wa Lou, barimo Ngabonziza Jean Paul, Nsabimana Céléstin na Rulisa Patience.

Gusimbuza uyu mwanya byabanje kutavugwaho rumwe ndetse hanakorwamo amanyanga kuri bamwe, ariko Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], ryemeje ko izina ryoherejwe mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], ari Rulisa Patience hagendewe ku myitwarire ijyanye no gusifura n’ibindi bigenderwaho.

Umuvugizi wungirije wa Ferwafa, Karangwa Jules, yemereye UMUSEKE ko izina iri shyirahamwe ryatanze muri FIFA ari Rulisa Patience.

Ati “Rulisa Patience ni we woherejwe.”

Ibi bisobanuye ko uyu musifuzi azahita aba mpuzamahanga, akiyongera ku bandi barimo Twagirumukiza Abdoul-karim, Uwikunda Samuel, Ruzindana Nsoro na Umutesi Aline.

Hakizimana Louis we yamaze guhagarika gusifura [Ifoto: Rwandamagazine]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?