BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ferwafa yemeje Rulisa nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

Ferwafa yemeje Rulisa nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

admin
Last updated: December 1, 2022 12:14 pm
admin
Share
SHARE

Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], ryakuyeho igihu ku bibazaga umusifuzi mpuzamahanga uzasimbura Hakizimana Louis uherutse guhagarika gusifura, ryemeza ko uwatanzwe muri FIFA ari Rulisa Patience aho kuba Nsabimana Céléstin.

Ferwafa yemeje ko Rulisa Patience ari we watanzwe Ku rutonde rwa FIFA nk’umusimbura wa Hakizimana Louis

Muri Kamena 2022, ni bwo Hakizimana Louis yasifuye umukino we wari uwa nyuma nk’umusifuzi.

Ubusanzwe ku rwego mpuzamahanga, iyo umusifuzi runaka asezeye aba agomba gusimbuzwa undi wo muri icyo gihugu kugira ngo uwo mwanya udapfa ubusa.

Mu Rwanda hari abasifuzi bavuzwe nk’abazavamo umusimbura wa Lou, barimo Ngabonziza Jean Paul, Nsabimana Céléstin na Rulisa Patience.

Gusimbuza uyu mwanya byabanje kutavugwaho rumwe ndetse hanakorwamo amanyanga kuri bamwe, ariko Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umupira w’Amaguru [Ferwafa], ryemeje ko izina ryoherejwe mu Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA], ari Rulisa Patience hagendewe ku myitwarire ijyanye no gusifura n’ibindi bigenderwaho.

Umuvugizi wungirije wa Ferwafa, Karangwa Jules, yemereye UMUSEKE ko izina iri shyirahamwe ryatanze muri FIFA ari Rulisa Patience.

Ati “Rulisa Patience ni we woherejwe.”

Ibi bisobanuye ko uyu musifuzi azahita aba mpuzamahanga, akiyongera ku bandi barimo Twagirumukiza Abdoul-karim, Uwikunda Samuel, Ruzindana Nsoro na Umutesi Aline.

Hakizimana Louis we yamaze guhagarika gusifura [Ifoto: Rwandamagazine]
UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?