BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kanombe: Umusore akurikiranyweho kwica umusaza bapfa 800 Frw

Kanombe: Umusore akurikiranyweho kwica umusaza bapfa 800 Frw

admin
Last updated: November 21, 2022 2:18 pm
admin
Share
SHARE

Umusaza Ntamakemwa Jean Baptiste wari utuye mu murenge wa Kanombe mu karere ka Kicukiro yashyamiranye n’umukozi we wamwishyuzaga amafaranga 800 Frw, amukubita inkoni y’umukoropesho bucyeye basanga yapfuye.

Ibiro by’Umurenge wa Kanombe

Ibi byabaye ku mugoroba wo kuri iki Cyumweru, tariki 20 Ugushyingo 2022, mu Mudugudu wa Radari, Akagari ka Busanza, Umurenge wa Kanombe, ubwo ahagana saa moya uwitwa Iradukunda Ephrem wari usanzwe akorera uyu musaza yaje kumwishyuza amafaranga yari amurimo bakaza gushyamirana.

Muri iyo mirwano, Iradukunda Ephrem yafashe inkoni y’umukoropesho akubita mu musaya uyu musaza yitura hasi, maze bamujyana ku ivuriro ryari hafi aho bamuha imiti arataha, mu gitondo cyo kuri uyu wa Mbere, nibwo basanze uyu musaza aho yabaga yapfuye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kanombe, NKURUNZIZA Idrissa yabwiye UMUSEKE ko bitaremezwa niba uyu musaza yapfuye azize uyu mukoropesho yakubiswe mu mutwe.

Ati “Uyu musaza wari usanzwe acuruza ibyo kurya, ejo mu masa moya yagiranye amakimbirane n’uwitwa Iradukunda Ephrem wajyaga aza kumukorera, yarimo ngo amwishyuza amafaranga yari amurimo, baje gusa n’abarwana umwe afata rakilete ayimukubita mu mutwe, nyuma yagiye ku ivuriro kwivuza ububabare yari afite mu mutwe, agaruka mu kazi ke bisanzwe. Mu gitondo nibwo baje kudutabaza batubwirako yapfuye.”

NKURUNZIZA Idrissa yavuze ko uyu Iradukunda Ephrem wakubise uyu musaza iyi nkoni yahise atabwa muri yombi, naho umurambo wa nyakwigendera ukajyanwa kwa muganga gukorerwa isuzuma ngo harebwe niba urupfu rwe rwaba rufite aho ruhuriye n’inkoni yakubiswe.

Yongeye kwibutsa abantu kwirinda urugomo no kureka kwihanira mu gihe hari ikibazo bafitanye, baba hari ibyo batumvikanaho bakegera ubuyobozi bukabafasha kuko gukubita no gukomeretsa ari icyaha gihanwa n’amategeko ndetse ibihano bikaremera mu gihe byabaye intandaro y’urupfu.

Nyakwigendera Ntamakemwa Jean Baptiste akaba yibanaga mu nzu wenyine, aho yari atunzwe no guteka ibiryo akagaburira abantu.

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Ubutabera

Abagororwa 1874 bemerewe gufungurwa by’agateganyo.  

1 Min Read
Ubutabera

Kigali: Umugabo ucuruza urumogi yafatanywe udupfunyika 1000 twarwo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?