BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora Francophonie

Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuyobora Francophonie

admin
Last updated: November 20, 2022 9:08 am
admin
Share
SHARE

Louise Mushikiwabo yongeye gutorerwa kuba Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF). Abakuru b’ibihugu na za guverinoma bemeje ko akomeza kuyobora ku bwumvikane busesuye.

Louise Mushikiwabo yatorewe kuyobora OIF

Byemejwe kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 19 Ugushyingo 2022, mu nama ihuza abakuru b’ibibihugu na za guverinoma bo mu muryango w’ibihugu bikoresha igifaransa iri kubera i Djerba muri Tunisia.

Ni inama yitabiriwe n’abarimo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame.

Mushikiwabo wari umukandida rukumbi kuri uwo mwanya, yatowe  yari arangije manda y’imyaka itatu ayobora uwo muryango nk’umunyamabanga Mukuru.

Zimwe mu nshingano zitegereje Mushikiwabo harimo kuzamura Ururimi rw’Igifaransa, guhanga imirimo mu rubyiruko, kongerera OIF icyizere igirirwa, Ibiro bye birakomeza kuba i Paris mu Bufaransa.

Umunyamabanga Mukuru wa OIF ni Umuvugizi wayo, ni we uyihagararira mu ruhando mpuzamahanga mu bijyanye n’ibikorwa bya Politiki.

Ayobora inzego eshatu zirimo Inteko za OIF, Inama ngarukamwaka z’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga n’Ihuriro rihoraho rigizwe n’Abambasaderi, rinasuzumirwamo ishyirwa mu bikorwa ry’imyanzuro n’ikoreshwa ry’ingengo y’imari.

Gutorwa kwe guhuriranye n’uko uyu muryango  wizihiza isabukuru y’imyaka 50 umaze ubayeho kuko washinzwe mu 1970. Ugizwe n’ibihugu 88 bikoresha ururimi rw’Igifaransa.

Intumwa ya Congo yikuye mu ifoto y’Abayobozi bafunguye inama ya Francophonie

Ifoto ya Perezida wa Tunisia, Kais Saied, Mme Louise Mushikiwabo na Moussa Faki Mahamat Perezida wa Komisiyo ya Africa yunze Ubumwe

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?