BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusirikare wa Congo yarasiwe mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yarasiwe mu Rwanda

admin
Last updated: November 19, 2022 10:07 am
admin
Share
SHARE

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, umusirikari wa Congo utaramenyekana imyirondoro yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda.

Amakuru avuga ko inzego z’umutekano zageze aho byabereye (Photo RwandaNews 24)

Ikinyamakuru RwandaNews24 kivuga ko byabereye mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi, akagari ka Mbugangari, mu mudugudu wa Gasutamo.

Byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo, 2022,  mu masaha ashyira saa saba z’ijoro (01h00). Hari amakuru avuga ko uriya musirikare yinjiye mu Rwanda arasa, na we bahita bamurasa.

Mu kiganiro kigufi UMUSEKE wagiranye n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yatubwiye ko ayo makuru yayumvise ariko ko atari yakagera aho byabereye.

Ati “Ubaye uwa kabiri ubimbwiye ariko sindamenya amakuru.”

Iby’amasasu yavugiye i Rubavu, byavuzwe n’umwe mu banyamakuru bakorera i Goma, Kabumba Justin we wavugaga ko haba harashwe abasirikare b’u Rwanda.

UMUSEKE uracyagerageza kuvugana n’Ubuvugizi bw’igisirikare cy’u Rwanda, ku bijyanye n’aya makuru.

Hashize igihe umwuka atari mwiza hagati y’u Rwanda na Congo, aho ibihugu bishinjanya gushyigikira ababirwanya.

Congo ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23, naho u Rwanda rugashinja Congo gufatanya n’umutwe wa FDLR.

EXCLUSIVE: Umusirikare wa Congo yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: EXCLUSIVE INTERVIEW: Ibyamenyekanye ku muntu witwaje intwaro warasiwe i Rubavu – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?