BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusirikare wa Congo yarasiwe mu Rwanda

Umusirikare wa Congo yarasiwe mu Rwanda

admin
Last updated: November 19, 2022 10:07 am
admin
Share
SHARE

Mu rucyerera rwo kuri uyu wa Gatandatu, umusirikari wa Congo utaramenyekana imyirondoro yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda.

Amakuru avuga ko inzego z’umutekano zageze aho byabereye (Photo RwandaNews 24)

Ikinyamakuru RwandaNews24 kivuga ko byabereye mu karere ka Rubavu, umurenge wa Gisenyi, akagari ka Mbugangari, mu mudugudu wa Gasutamo.

Byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 19 Ugushyingo, 2022,  mu masaha ashyira saa saba z’ijoro (01h00). Hari amakuru avuga ko uriya musirikare yinjiye mu Rwanda arasa, na we bahita bamurasa.

Mu kiganiro kigufi UMUSEKE wagiranye n’Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yatubwiye ko ayo makuru yayumvise ariko ko atari yakagera aho byabereye.

Ati “Ubaye uwa kabiri ubimbwiye ariko sindamenya amakuru.”

Iby’amasasu yavugiye i Rubavu, byavuzwe n’umwe mu banyamakuru bakorera i Goma, Kabumba Justin we wavugaga ko haba harashwe abasirikare b’u Rwanda.

UMUSEKE uracyagerageza kuvugana n’Ubuvugizi bw’igisirikare cy’u Rwanda, ku bijyanye n’aya makuru.

Hashize igihe umwuka atari mwiza hagati y’u Rwanda na Congo, aho ibihugu bishinjanya gushyigikira ababirwanya.

Congo ishinja u Rwanda gufasha inyeshyamba za M23, naho u Rwanda rugashinja Congo gufatanya n’umutwe wa FDLR.

EXCLUSIVE: Umusirikare wa Congo yarasiwe ku butaka bw’u Rwanda

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: EXCLUSIVE INTERVIEW: Ibyamenyekanye ku muntu witwaje intwaro warasiwe i Rubavu – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?