BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Yannick Mukunzi ukina muri Sweden yatangaje amatariki y’ubukwe bwe

Yannick Mukunzi ukina muri Sweden yatangaje amatariki y’ubukwe bwe

admin
Last updated: November 19, 2022 8:39 am
admin
Share
SHARE

Umunyarwanda ukina umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi mu ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suede/Sweden, Yannick Mukunzi agiye gukora ubukwe na Iribagiza Joy nyuma y’igihe babana.

Yannick Mukunzi n’umugore we bagiye gusezerana imbere y’Imana

Hashize imyaka itatu bombi basezeranye imbere y’amategeko, bategereje gusezerana imbere y’Imana tariki 8 Mutarama, 2023.

Yannick Mukunzi na Iribagiza Joy ubukwe bwabo bwo gusaba no gukwa, ndetse n’imihango yo gusezerana imbere y’Imana izabera ku i Rebero mu busutani bwa Heaven Garden.

Aba bombi bafitanye abana babiri, kuri ubu batuye muri Suede/Sweden aho Yannick akinira Sandvikens IF.

Ku wa 20 Mutarama 2019, nibwo Yannick yasezeranye imbere y’amategeko na Iribagiza mu Murenge wa Remera.

Yannick Mukunzi ukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi ni umwe mu bakoze ibigwi bitandukanye hano mu Rwanda, aho yanyuze mu makipe akomeye nka APR FC na Rayon Sports mbere yo kwerekeza ku mugabane w’Uburayi.

Muri Nzeri uyu mwaka, nibwo Yannick Mukunzi yongereye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukomezanya na Sandvikens IF yo mu cyiciro cya gatatu.

Gusa, tariki ya 6 Ugushyingo bagarukiye ku mwamba kuko babaye aba kabiri barushwa amanota atanu n’ikipe ya Gefle yazamutse mu kindi cyiciro, bituma baguma  mu cyiciro cya gatatu.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?