BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Yannick Mukunzi ukina muri Sweden yatangaje amatariki y’ubukwe bwe

Yannick Mukunzi ukina muri Sweden yatangaje amatariki y’ubukwe bwe

admin
Last updated: November 19, 2022 8:39 am
admin
Share
SHARE

Umunyarwanda ukina umupira w’amaguru ku mugabane w’u Burayi mu ikipe ya Sandvikens IF yo muri Suede/Sweden, Yannick Mukunzi agiye gukora ubukwe na Iribagiza Joy nyuma y’igihe babana.

Yannick Mukunzi n’umugore we bagiye gusezerana imbere y’Imana

Hashize imyaka itatu bombi basezeranye imbere y’amategeko, bategereje gusezerana imbere y’Imana tariki 8 Mutarama, 2023.

Yannick Mukunzi na Iribagiza Joy ubukwe bwabo bwo gusaba no gukwa, ndetse n’imihango yo gusezerana imbere y’Imana izabera ku i Rebero mu busutani bwa Heaven Garden.

Aba bombi bafitanye abana babiri, kuri ubu batuye muri Suede/Sweden aho Yannick akinira Sandvikens IF.

Ku wa 20 Mutarama 2019, nibwo Yannick yasezeranye imbere y’amategeko na Iribagiza mu Murenge wa Remera.

Yannick Mukunzi ukinira ikipe y’igihugu y’u Rwanda, Amavubi ni umwe mu bakoze ibigwi bitandukanye hano mu Rwanda, aho yanyuze mu makipe akomeye nka APR FC na Rayon Sports mbere yo kwerekeza ku mugabane w’Uburayi.

Muri Nzeri uyu mwaka, nibwo Yannick Mukunzi yongereye amasezerano y’imyaka ibiri yo gukomezanya na Sandvikens IF yo mu cyiciro cya gatatu.

Gusa, tariki ya 6 Ugushyingo bagarukiye ku mwamba kuko babaye aba kabiri barushwa amanota atanu n’ikipe ya Gefle yazamutse mu kindi cyiciro, bituma baguma  mu cyiciro cya gatatu.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?