BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibyamenyekanye ku rubanza rwa Prince Kid wongeye kuburanira mu muhezo

Ibyamenyekanye ku rubanza rwa Prince Kid wongeye kuburanira mu muhezo

admin
Last updated: November 17, 2022 10:36 am
admin
Share
SHARE

Urukiko Rwisumbuye rwa nyarugenge rwasubitse urubanza rwa ISHIMWE Dieudonne ukurikiranyweho gusambanya bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yateguraga.

ISHIMWE Dieudonne n’abanyamategeko bamwunganira

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwasubukuye uru rubanza ruregwamo Ishimwe Diedonne wamenyekanye nka Prince Kid.

Saa mbiri n’iminota icumi nibwo Prince Kid yagejejwe ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, acungiwe umutekano bikomeye n’abacungagereza.

Umucamanza yatangiye avuga ko uru rubanza rwagombaga kuburanishwa ku wa 15 Ugushyingo 2022 ariko ruza gusubikwa kubera ko Umucamanza yari mu mahugurwa.

Umucamanza yibukije umuburanyi ko urubanza rubera mu muhezo nk’uko byemejwe mu cyemezo cyafashwe n’urukiko ku wa 28 Ukwakira, 2022.

Umucamanza yahise asaba abantu bose gusohoka mu cyumba cy’urukiko n’abacungagereza barimo.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko Abanyamategeko ba ISHIMWE Dieudonne, ari bo Me Kayijuka Ngabo na Me Emeylne Nyembo batanze inzitizi ko abatangabuhamya bavuze bari kuri Skype ariko bakaba batazi aho baherereye.

Byakekwaga ko bari kuvugira mu Bushinjacyaha Bukuru.

Indi nzitizi, ni iyo kuba Urukiko rwari rwanzuye ko Ubushinjiacyaha butavuga kuko bwamaze kuvuga, ahubwo hakaba hari kumvwa abatangabuhamya gusa.

Urukiko rwahise rufata akanya k’iminota 15 rwiherereye ngo rufate icyemezo kuri izo nziztizi, rwanzura ko urubanza rusubitswe ruzasubukurwa ku wa 25 /11 / 2022 saa mbiri za mu gitondo.

Mu kiganiro kigufi yahaye itangazamakuru, Me Emeylne Nyembo yavuze ko bifuza ko abatangabuhamya bazagaragara mu Rukiko kugira ngo abunganira ISHIMWE Dieudonne bababaze ibibazo.

Ishimwe Dieudone akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Urubanza rwe rwahawe nimero ya dosiye RP 00653/2022/TGI/NYGE.

Yatawe muri yombi bwa mbere muri Mata 2022 agiye kumara amezi arindwi muri Gereza ya Nyarugenge. Uyu musore w’imyaka 34 afungiye muri Gereza ya Nyarugenge kuva muri Gicurasi, 2022.

Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze

Abari mu rukiko bose basabwe gusohokamo

Amafoto: @NKUNDINEZA

JEAN PAUL NKUNDINEZA/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

4 Min Read
Ubutabera

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

2 Min Read
Ubutabera

Abanyamayegeko ba Constant Mutamba bwasabye urukiko kudaha agaciro ibyavuye mu iperereza ry’ubushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko Rukuru rwimuriye urubanza rwa Ingabire n’abayoboke b’ishyaka rye muri Nzeri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?