BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Dec 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ibyamenyekanye ku rubanza rwa Prince Kid wongeye kuburanira mu muhezo

Ibyamenyekanye ku rubanza rwa Prince Kid wongeye kuburanira mu muhezo

admin
Last updated: November 17, 2022 10:36 am
admin
Share
SHARE

Urukiko Rwisumbuye rwa nyarugenge rwasubitse urubanza rwa ISHIMWE Dieudonne ukurikiranyweho gusambanya bamwe mu bakobwa bitabiriye irushanwa rya Miss Rwanda, yateguraga.

ISHIMWE Dieudonne n’abanyamategeko bamwunganira

Kuri uyu wa Kane, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rwari rwasubukuye uru rubanza ruregwamo Ishimwe Diedonne wamenyekanye nka Prince Kid.

Saa mbiri n’iminota icumi nibwo Prince Kid yagejejwe ku rukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge, acungiwe umutekano bikomeye n’abacungagereza.

Umucamanza yatangiye avuga ko uru rubanza rwagombaga kuburanishwa ku wa 15 Ugushyingo 2022 ariko ruza gusubikwa kubera ko Umucamanza yari mu mahugurwa.

Umucamanza yibukije umuburanyi ko urubanza rubera mu muhezo nk’uko byemejwe mu cyemezo cyafashwe n’urukiko ku wa 28 Ukwakira, 2022.

Umucamanza yahise asaba abantu bose gusohoka mu cyumba cy’urukiko n’abacungagereza barimo.

Amakuru UMUSEKE wamenye ni uko Abanyamategeko ba ISHIMWE Dieudonne, ari bo Me Kayijuka Ngabo na Me Emeylne Nyembo batanze inzitizi ko abatangabuhamya bavuze bari kuri Skype ariko bakaba batazi aho baherereye.

Byakekwaga ko bari kuvugira mu Bushinjacyaha Bukuru.

Indi nzitizi, ni iyo kuba Urukiko rwari rwanzuye ko Ubushinjiacyaha butavuga kuko bwamaze kuvuga, ahubwo hakaba hari kumvwa abatangabuhamya gusa.

Urukiko rwahise rufata akanya k’iminota 15 rwiherereye ngo rufate icyemezo kuri izo nziztizi, rwanzura ko urubanza rusubitswe ruzasubukurwa ku wa 25 /11 / 2022 saa mbiri za mu gitondo.

Mu kiganiro kigufi yahaye itangazamakuru, Me Emeylne Nyembo yavuze ko bifuza ko abatangabuhamya bazagaragara mu Rukiko kugira ngo abunganira ISHIMWE Dieudonne bababaze ibibazo.

Ishimwe Dieudone akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato. Urubanza rwe rwahawe nimero ya dosiye RP 00653/2022/TGI/NYGE.

Yatawe muri yombi bwa mbere muri Mata 2022 agiye kumara amezi arindwi muri Gereza ya Nyarugenge. Uyu musore w’imyaka 34 afungiye muri Gereza ya Nyarugenge kuva muri Gicurasi, 2022.

Prince Kid yasabiwe gufungwa imyaka 16 – uko mu muhezo byari bimeze

Abari mu rukiko bose basabwe gusohokamo

Amafoto: @NKUNDINEZA

JEAN PAUL NKUNDINEZA/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Ubutabera

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

2 Min Read
Ubutabera

Djihad akurikiranyweho ibyaha 9

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?