BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 11, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Gen Nyagah yashimangiye ko ingabo za Kenya “Intego ya mbere atari ukurwanya M23”

Gen Nyagah yashimangiye ko ingabo za Kenya “Intego ya mbere atari ukurwanya M23”

admin
Last updated: November 16, 2022 7:31 pm
admin
Share
SHARE

*Ati “Muri Congo hari imitwe y’inyeshyamba irenga 120 – Inzira y’amahoro niyanga ubwo hazakoresha igisirikare” 

Icyiciro cya kabiri cy’ingabo za Kenya cyageze i Goma mu bikorwa byo “gufasha Congo n’imitwe iyirwanya kumvikana”, ngo mu bibagenza intambara si cyo bashyize imbere.

Maj Gen Jeff Nyagah aganira n’umwe mu basirikare bakuru ba Congo

Ubwo yakiraga izi ngabo, Umugaba mukuru w’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba, Maj Gen Jeff Nyagah, yatangaje ko izi ngabo zitazanywe n’urugamba, ahubwo zizanywe no gushyigikira inzira y’ibiganiro bigamije amahoro.

Ati “Ikibanze ni inzira ya politike, dufite ibiganiro bya Nairobi, n’inzira y’ibiganiro bya Luanda. Ikintu cy’ingenzi ni amahoro, mu buryo ubwo aribwo bwose, intambara ntiyazana amahoro, buri gihe haba hakenewe uburyo bw’ibiganiro.”

Gen Nyagah yavuze ko ikindi cyajyanye ingabo za EAC hariya ari ugufasha kwambura intwaro imitwe iyitwaje.

Ati “Icya kabiri kandi gikomeye ni kwambura intwaro imitwe izitwaje, no kubasubiza mu buzima busanzwe atari ukureba umutwe wa M23 wonyine, kubera ko bisa naho twita gusa kuri M23, dufite muri Congo imitwe yitwaje intwaro irenga 120, kandi ihungabanya umutekano mu buryo bukomeye, igihe ibyo bizananirana haziyambazwa uburyo bwa gatatu ari bwo bw’ingufu za gisirikare.”

Gen Chico Tshitambwe Jérome, umuyobozi wa brigade ya 32 y’ingabo za Congo ziri i Beni muri Kivu ya Ruguru, yakira izi ngabo za Kenya, yavuze ko yizeye ko zizazana impinduka ndetse zigatanga umusanzu mu kugarura amahoro muri Congo, harimo kurwanya M23 “n’ubushotoranyi bw’u Rwanda” ndetse n’inyeshyamba za FDLR.

Itsinda ry’abasirikare ba Kenya ryageze i Goma rigizwe n’abasirikare 903.

Ku wa Kabiri, umuhuza wagenwe n’Umuryango wa Afurikay’Iburasirazuba, EAC,  Perezida Uhuru Kenyatta ubwo yageze i Goma, na we asaba umutwe wa M23 gushyira intwaro hasi bakayoboka ibiganiro na leta ya Congo.

Biteganyijwe ko ibiganiro bihuza leta ya Congo n’imitwe yitwaje intwaro bizaba mu Cyumweru gitaha tariki 21 Ugushyingo 2022.

Leta ya Congo ivuga ko nta biganiro bizabaho mu gihe cyose umutwe wa M23 utararekura uduce twose wigaruriye.

Maj Gen Jeff Nyagah
Ingabo za Kenya zageze i Goma kuri uyu wa Gatatu

NKURUNZIZA Jean Baptiste / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • rukabu says:
    November 16, 2022 at 11:20 pm

    ABA Kenya nibitonde bativanga kubyo batazi Niba mushaka kwambura Intwaro M23 mukareka fdrl mumenya ko muzahura na kaga gakomeye mubyitondere mutaraswa .murakoze

    Reply
  • Pingback: William Ruto aragirana ibiganiro na Perezida Tshisekedi – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?