BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

Kamonyi: Umurambo w’umukecuru w’imyaka 69 wasanzwe mu mugezi 

admin
Last updated: November 15, 2022 3:16 pm
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Kayumbu buvuga ko bwasanze umurambo w’umukecuru witwaga, Mukantabana Agnès mu mugezi uhuza Umurenge wa Kayumbu n’uwa Musambira.

Akarere ka Kamonyi ni mu ibara ritukura cyane

Ahagana saa kumi n’ebyeri z’igitondo  cyo kuri uyu wa kabiri taliki ya 15 Ugushyingo, 2022 nibwo abaturage  bamenyesheje ubuyobozi bw’Umurenge ko babonye umurambo wa Mukantabana Agnès w’imyaka 69 y’amavuko mu mazi.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Kayumbu, Niyobuhungiro Obedy yabwiye UMUSEKE ko  amakuru bahawe n’abaturage avuga ko uyu mukecuru yavuye iwe mu rugo ejo hashize ku wa Mbere, saa kumi n’ebyeri z’umugoroba, agiye gusura uwitwa Karangwa Emmanuel baramutegereza ntiyagaruka.

Gitifu Niyobuhungiro avuga ko babonye atagarutse bajya kumureba aho kwa Karangwa babahakanira ko atigeze ahagera.

Yagize ati: “Birakekwa ko hari abamwishe baza kumujugunya mu mugezi bashaka kuyobya uburari.”

Gusa yavuze ko inzego z’ubugenzacyaha zatangiye gukora iperereza kugira ngo hamenyekane icyaba cyamwishe.

Yashimiye abaturage batanze ayo makuru, asaba n’abandi ko aho babonye ubugizi bwa nabi cyangwa ibikorwa by’urugomo bajya batungira agatoki inzego z’umutekano kugira ngo ababigizemo uruhare bahanwe.

Mukantabana Agnès yari atuye mu Mudugudu wa Buramba mu Kagari  ka Busoro mu Murenge wa Kayumbu, umurambo we ukaba wajyanywe mu Bitaro bya Remera Rukoma.

MUHIZI ELISÉE
UMUSEKE.RW/Muhanga.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?