BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Mar 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kagame yaganiriye na Embaló ushaka kumvikanisha u Rwanda na Congo

Kagame yaganiriye na Embaló ushaka kumvikanisha u Rwanda na Congo

admin
Last updated: November 13, 2022 11:32 pm
admin
Share
SHARE

Kuri iki cyumweru, Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau, uyu aragenzwa no gushaka ubwumvikane hagati y’u Rwanda na Congo.

Perezida Umaro Sissoco Embaló wa Guinea-Bissau n’intumwa bari kumwe bakiriwe na Perezida Paul Kagame mu biro bye

Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byavuze ko Perezida Kagame na Umaro Sissoco Embaló baganiriye ibyo gukomeza umubano hagati y’u Rwanda na Guinea-Bissau, ndetse n’ibibazo birebana n’umutekano mu karere.

Umaro Sissoco Embaló ku wa Gatandatu yari i Kinshasa aho yahuye na Perezida Félix Tshisekedi.

Perezida wa Guinea-Bissau unayoboye Umuryango wa CEDEAO, mu gihe kigera ku isaha we n’intumwa yari ayoboye baganiriye na Perezida Tshisekedi ibibazo by’umutekano muke mu burasirazuba bwa Congo.

Umaro Sissoco Embaló ni undi Perezida ushaka guhuza u Rwanda na Congo, urugendo rwe rukurikiye urwa Perezida wa Angola, Joao Lourenço, na we muri iki cyumweru wageze mu Rwanda ndetse akajya no muri Congo mu rwego rwo gushakisha ibisubizo by’umubano utameze neza hagati y’ibi bihugu.

Perezida Kagame na Umaro Sissoco Embaló baganiriye ku mubano w’ibihugu byombi, n’ibibazo by’umutekano w’akarere
Umaro Sissoco Embaló ku wa Gatandatu yari i Kinshasa aho yahuye na Perezida Félix Tshisekedi
Perezida Félix Tshisekedi aganira n’intumwa zari kumwe na Perezida Umaro Sissoco Embaló

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?