BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Kina Rwanda yamuritse igitabo gikubiyemo imikino 21 y’abana

Kina Rwanda yamuritse igitabo gikubiyemo imikino 21 y’abana

admin
Last updated: November 11, 2022 3:56 pm
admin
Share
SHARE

Umushinga Kina Rwanda ugamije guteza imbere kwiga kw’abana binyuze mu mikino, wamuritse igitabo gikubiyemo imikino 21 y’abana, aho ababyeyi n’abarezi bazasarura ubumenyi bifashisha mu gufasha abana gukina.

Iki gitabo cyimikino kibonekamo imikino ikinwa n’abana

Ni igitabo cyamuritswe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu, tariki 11 Ugushyingo 2022, aho cyamurikiwe ku Isomero Rusange rya Kigali (Kigali Public Library).

Kina Rwanda ikaba yarateguye iki gitabo cy’imikino gikubiyemo igera kuri 21, aho bibanze cyane ku mikino isanzwe ya Kinyarwanda ndetse bakayinoza bigendanye n’umwana igenewe, akamaro kuri we n’uburyo umubyeyi cyangwa umurezi yamukinisha iyi mikino.

Umuyobozi wa Kina Rwanda, Malik Shaffy Lizinde yavuze ko bateguye iki gitabo cy’imikino mu rwego rwo gufasha ababyeyi kumenya imikino abana babo bakwiye gukina, aho yibukije ko imikino atari iy’abahaze, ahubwo umwana mu mimerere ye akeneye gukina kandi akungukiramo ubumenyi.

Ati “Kina Rwanda yaje kugira ngo yereke Abanyarwanda, ababyeyi n’abarezi ko iyo abana bari gukina baba badata umwanya, ahubwo baba bari kwiga kandi gukina bidahenze, hari n’abatekereza ko gukina ari iby’abahaze n’abakire. Umwana iyo akivuka icya mbere akwereka ko ari muzima ni uko aseka, bikwereka ko mu mimerere ye akeneye gukina kandi bikamuha ubumenyi butandukanye.”

Yakomeje agira ati “Ni muri urwo rwego twakoze aka gatabo k’imikino kubera ko twasanze ari byiza ko abantu bakwiye kumenya ngo gukina ni iki? Umwana iyo akina yungukiramo iki? Ese ni gute wamenya umukino nyawo, umwana ukivuka kugera kuri itatu ndamukinisha gute? Twagiye mu mikino myinshi ya Kinyarwanda noneho dukusanya 21 tuyishyira hamwe twitaye ku burere n’umutekano w’abana ndetse n’ikigero cy’imyaka umwana yakinaho uwo mukino.”

Malik Shaffy Lizinde yasabye ababyeyi gutekereza ku kamaro ko gukina n’umwana, bagafatanya na Kina Rwanda gukundisha abana gukina, ndetse bakajya banabaha akanya bagakina na bo, kuko byongera ubusabane hagati y’umwana n’umubyeyi, ndetse bigatuma barushaho no gusobanukirwa abana babo.

Umuyobozi wa Kina Rwanda, Malik Shaffy ashikiriza igitabo Tessy Rusera, uyobora Kigali Public Library

Umuyobozi wa Kigali Public Libray, Tessy Rusera yagaragaje ko Kina Rwanda ibafashiriza abana babagana gukina, ndetse iki gitabo cy’imikino yasohoye kizabafasha kwigisha ababyeyi gufasha abana kwiga no kuvumbura biciye mu mikino.

Yagize ati “Twahisemo gukorana na Kina Rwanda kuko badufashiriza abana batugana, icyo duteza imbere ni ukumenya gusoma no kuvumbura, ntabwo twifashisha ibitabo gusa ahubwo twifashisha abarezi n’imikino, ariko twasanze hari byinshi twabigiraho. Iki gitabo gifasha ababyeyi kugenda mu rugo bakigisha n’abana nabo bakigisha abandi mu rugo naho biga ku mashuri.”

Tessy Rusera yashimangiyeko ubufatanye bafitanye na Kina Rwanda buzanarushaho guteza imbere umuco wo gusoma, ni mugihe bafitanye n’imikoranire irimo kubaha ahantu hahoraho kuri Kigali Public Libray, aho abana bazajya bakinira imikino inyuranye irimo niyo bavoma muri iki gitabo.

Aka gatabo k’imikino kazajya gatangirwa ubuntu, kanditse mu rurimi rw’Ikinyarwanda ndetse n’Icyongereza, kugeza ubu kaboneka ku rubuga rwa Kina Rwanda no kuri Kigali Public Library, mu gihe gito kazaba kaboneka mu masomero rusange n’ahandi hirya no hino mu gihugu.

Iki gitabo cyamurikiwe abanyamakuru kuri Kigali Public Library

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?