BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

Perezida Kagame yakiriye Minisitiri w’intebe wa Barbados

admin
Last updated: November 10, 2022 4:57 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Repubulika y’uRwanda, Paul Kagame ,yakiriye mu biro bye Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley mu rwego rwo gushimangira umubano w’ibihugu byombi.

 Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, tariki 10 Ugushyingo 2022, nibwo Madamu Mia Amor Mottley yakiriwe muri Village Urugwiro.

Minisitiri w’Intebe wa Barbados, Mia Amor Mottley ari mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda, mu rwego rwo guhamya umubano n’imikoranire hagati y’ibihugu byombi mu ngeri zinyuranye nk’ubucuruzi, ishoramari, imikino, ubukerarugendo, ubuhinzi n’ibindi. Aba bombi bakaba  bagiranye ibiganiro, byakurikiwe  n’ikiganiro n’itangazamakuru.

Muri Mata 2022, Perezida Paul Kagame akaba nawe yari yagiriye uruzinduko muri Barbados, aho ibihugu byombi byemeranyije kunoza umubano n’imikoranire, ndetse bagafatanya mu nzego zinyuranye zirimo ubukerarugendo n’ibindi.

Kuri uyu wa Gatatu, tariki 9 Ugushyingo, U Rwanda na Barbados bakaba barashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye harimo ay’ingendo zo mu kirere ndetse no guteza imbere imikino cyane cyane umukino wa Tennis ikinirwa mu muhanda.

Minisitiri w’Ububanye n’Amahanga n’ubucuruzi mpuzamahanga muri Barbados, Kerrie D. Symmonds, nyuma yo gusinya aya masezerano akaba yarasabye ko indege za Rwandair zatangira gukorera ingendo muri Barbados mu gihe cya vuba.

Barbados yateye imbere cyane by’umwihariko mu bukerarugendo aho nibura  abakerarugendo miliyoni imwe basura Barbados buri mwaka, nibura 39% basubira muri icyo gihugu, aho kiri mu bya mbere ku Isi mu kugira umubare munini w’abakerarugendo.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

AFC/M23 yamaganye Leta ya Kinshasa isoresha ibicuruzwa biva i Goma nk’ibituruka mu mahanga

2 Min Read
Politike

Nangaa yahishuye abagize uruhare mu kwibira Tshisekedi amajwi

2 Min Read
Politike

Museveni yasobanuye ubufasha Mobutu yahaye Habyarimana bwabyaye ingaruka z’umutekano muke w’akarere uyu munsi

3 Min Read
Politike

Gen Mubarakh Muganga na bagenzi be bo muri Afurika bahuriye muri Kenya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?