BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

admin
Last updated: November 9, 2022 9:53 am
admin
Share
SHARE

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru w’Umufaransa Sonia Rolley ukorera Reuters.

Sonia Rolley yurijwe indege ku ngufu yirukanwa muri Congo

Sonia Rolley yirukanwe kuri uyu wa kabiri nyuma y’uko icyangombwa cye kimwemerera gukorera umwuga we muri Congo cyanzwe kwakirwa.

Ubwo yari mu Mujyi wa Kishasa yatumijwe ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka i Kinshasa, yamburwa pasiporo ye ndetse nyuma ahita ashyirwa mu ndege imucyura iwabo i Paris anyuze i Addis Ababa.

Ingabo za ONU ziri mu butumwa bwiswe MONUSCO mu burasirazuba bwa DR Congo zamaganye iki cyemezo cyafashwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Raporo iherutse gusohorwa n’ishyirahamwe ryigenga ryitwa Journaliste En Danger [JED] ivuga ko gukorera umwuga w’itangazamakuru muri RD Congo ari ingorabahizi muri ibi bihe.

Iyi raporo ivuga ko abanyamakuru badakorera mu kwaha kwa Leta bahura n’uruhuri rw’ibibazo, by’umwihariko abanyamahanga badahabwa ubwisanzure kubera gutinya ko bashyira hanze ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi.

Raporo ya JED yasohotse ku wa 2 Nzeri 2022 ivuga ko nibura imanza 124 z’ihohoterwa ry’ubwisanzure bw’itangazamakuru, harimo umunyamakuru umwe wishwe, 44 bakangishwa urupfu, 37 batawe muri yombi, 18 barakubitwa, 2 bashimuswe mu gihe ibitangazamakuru bigera kuri 17 byahagaritswe muri uyu mwaka.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?