BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

admin
Last updated: November 9, 2022 9:53 am
admin
Share
SHARE

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru w’Umufaransa Sonia Rolley ukorera Reuters.

Sonia Rolley yurijwe indege ku ngufu yirukanwa muri Congo

Sonia Rolley yirukanwe kuri uyu wa kabiri nyuma y’uko icyangombwa cye kimwemerera gukorera umwuga we muri Congo cyanzwe kwakirwa.

Ubwo yari mu Mujyi wa Kishasa yatumijwe ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka i Kinshasa, yamburwa pasiporo ye ndetse nyuma ahita ashyirwa mu ndege imucyura iwabo i Paris anyuze i Addis Ababa.

Ingabo za ONU ziri mu butumwa bwiswe MONUSCO mu burasirazuba bwa DR Congo zamaganye iki cyemezo cyafashwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Raporo iherutse gusohorwa n’ishyirahamwe ryigenga ryitwa Journaliste En Danger [JED] ivuga ko gukorera umwuga w’itangazamakuru muri RD Congo ari ingorabahizi muri ibi bihe.

Iyi raporo ivuga ko abanyamakuru badakorera mu kwaha kwa Leta bahura n’uruhuri rw’ibibazo, by’umwihariko abanyamahanga badahabwa ubwisanzure kubera gutinya ko bashyira hanze ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi.

Raporo ya JED yasohotse ku wa 2 Nzeri 2022 ivuga ko nibura imanza 124 z’ihohoterwa ry’ubwisanzure bw’itangazamakuru, harimo umunyamakuru umwe wishwe, 44 bakangishwa urupfu, 37 batawe muri yombi, 18 barakubitwa, 2 bashimuswe mu gihe ibitangazamakuru bigera kuri 17 byahagaritswe muri uyu mwaka.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

2 Min Read
Mu mahanga

Leta ya Uganda yaburiye abagabo bapimisha ADN abana babo

2 Min Read
Mu mahanga

Perezida Ramaphosa yahagaritse Minisitiri ukekwaho gukorana n’udutsiko tw’abagizi ba nabi

2 Min Read
Mu mahanga

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?