BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

Umunyamakuru w’umufaransa yirukanwe ku butaka bwa Congo

admin
Last updated: November 9, 2022 9:53 am
admin
Share
SHARE

Repubulika ya Demokarasi ya Congo yirukanye ku butaka bwayo umunyamakuru w’Umufaransa Sonia Rolley ukorera Reuters.

Sonia Rolley yurijwe indege ku ngufu yirukanwa muri Congo

Sonia Rolley yirukanwe kuri uyu wa kabiri nyuma y’uko icyangombwa cye kimwemerera gukorera umwuga we muri Congo cyanzwe kwakirwa.

Ubwo yari mu Mujyi wa Kishasa yatumijwe ku biro bishinzwe abinjira n’abasohoka i Kinshasa, yamburwa pasiporo ye ndetse nyuma ahita ashyirwa mu ndege imucyura iwabo i Paris anyuze i Addis Ababa.

Ingabo za ONU ziri mu butumwa bwiswe MONUSCO mu burasirazuba bwa DR Congo zamaganye iki cyemezo cyafashwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa.

Raporo iherutse gusohorwa n’ishyirahamwe ryigenga ryitwa Journaliste En Danger [JED] ivuga ko gukorera umwuga w’itangazamakuru muri RD Congo ari ingorabahizi muri ibi bihe.

Iyi raporo ivuga ko abanyamakuru badakorera mu kwaha kwa Leta bahura n’uruhuri rw’ibibazo, by’umwihariko abanyamahanga badahabwa ubwisanzure kubera gutinya ko bashyira hanze ibikorwa bibi bikorwa n’ubutegetsi.

Raporo ya JED yasohotse ku wa 2 Nzeri 2022 ivuga ko nibura imanza 124 z’ihohoterwa ry’ubwisanzure bw’itangazamakuru, harimo umunyamakuru umwe wishwe, 44 bakangishwa urupfu, 37 batawe muri yombi, 18 barakubitwa, 2 bashimuswe mu gihe ibitangazamakuru bigera kuri 17 byahagaritswe muri uyu mwaka.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Museveni yatorewe kuyobora Uganda muri manda ya Karindwi

3 Min Read
Politike

U Rwanda na Togo byiyemeje gukuriraho Visa abaturage

2 Min Read
Mu mahanga

Ishyaka riri ku butegetsi i Burundi riravugwaho ibyo bamwe bafashe nk’agahomamunwa

3 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?