BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusizi: Urubyiruko rukwiye gusobanurirwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere

Rusizi: Urubyiruko rukwiye gusobanurirwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere

admin
Last updated: November 8, 2022 2:01 pm
admin
Share
SHARE
Abatanga serivisi zo mu bitaro basabwe kongera imbaraga mu bukangurambaga bwo kwirinda inda zitifuzwa begera cyane urubyiruko rw’abana b’abakobwa n’abahungu bari munsi w’imyaka 18 bakamenya byimbitse imihindagurikire y’umubiri wabo.
Theobald Mporanyi asaba ko urubyiruko rwahabwa umwanya uhagije rukamenya iby’imyororokere

Ibi babisabwe mu mahugurwa abakora mu bigo nderabuzima byo mukarere ka Rusizi bahawe n’umuryango HDI-Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ubuzima mu cyumweru gishize.

Abahuguwe bavuga ko yaje acyenewe mu kubongerera ubumenyi no kubatera ingabo mu bitugu mu guhangana n’iki kibazo.

Mporanyi Theobald impuguke mu by’ubuzima mu kigo giharanira uburenganzira no guteza imbere ubuzima Health Development Initiative (HDI), yabasabye kongeramo imbaraga bakajya bahura n’urubyiruko kenshi mu bikorwa bitandukanye biruhuza haba mu myidagaduro, no mu mashuri.

Ati“Nk’abantu batanga serivisi zo mu bitaro turabasaba gushyira muri gahunda zabo kujya bahura n’urubyiruko kenshi, barusobanurira ubuzima bw’imyororokere, amakuru bahabwaga n’ibigare, imbuga nkoranyamba atariyo bo bakayabaha ari ukuri”.

Mu karere ka Rusizi harimo ibigo  nderabuzima 19, n’ibitaro by’akarere 2 aribyo Gihundwe na Mibilizi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko mu ibarura bwakoze mu mwaka wa 2021 abana babyariye iwabo inda zitifuzwa bari 105.

Uyu mwaka wa 2022 n’ubwo ibarura rikomeje hamaze kumenyekana abana 41, kuri ubu kuboneza urubyaro aka Karere Kari kuri 55% ubariyemo n’uburyo busanzwe buri kuri 31%.

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Rusizi
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?