BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Nov 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusizi: Urubyiruko rukwiye gusobanurirwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere

Rusizi: Urubyiruko rukwiye gusobanurirwa ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere

admin
Last updated: November 8, 2022 2:01 pm
admin
Share
SHARE
Abatanga serivisi zo mu bitaro basabwe kongera imbaraga mu bukangurambaga bwo kwirinda inda zitifuzwa begera cyane urubyiruko rw’abana b’abakobwa n’abahungu bari munsi w’imyaka 18 bakamenya byimbitse imihindagurikire y’umubiri wabo.
Theobald Mporanyi asaba ko urubyiruko rwahabwa umwanya uhagije rukamenya iby’imyororokere

Ibi babisabwe mu mahugurwa abakora mu bigo nderabuzima byo mukarere ka Rusizi bahawe n’umuryango HDI-Rwanda ku bufatanye na Minisiteri y’ubuzima mu cyumweru gishize.

Abahuguwe bavuga ko yaje acyenewe mu kubongerera ubumenyi no kubatera ingabo mu bitugu mu guhangana n’iki kibazo.

Mporanyi Theobald impuguke mu by’ubuzima mu kigo giharanira uburenganzira no guteza imbere ubuzima Health Development Initiative (HDI), yabasabye kongeramo imbaraga bakajya bahura n’urubyiruko kenshi mu bikorwa bitandukanye biruhuza haba mu myidagaduro, no mu mashuri.

Ati“Nk’abantu batanga serivisi zo mu bitaro turabasaba gushyira muri gahunda zabo kujya bahura n’urubyiruko kenshi, barusobanurira ubuzima bw’imyororokere, amakuru bahabwaga n’ibigare, imbuga nkoranyamba atariyo bo bakayabaha ari ukuri”.

Mu karere ka Rusizi harimo ibigo  nderabuzima 19, n’ibitaro by’akarere 2 aribyo Gihundwe na Mibilizi.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi butangaza ko mu ibarura bwakoze mu mwaka wa 2021 abana babyariye iwabo inda zitifuzwa bari 105.

Uyu mwaka wa 2022 n’ubwo ibarura rikomeje hamaze kumenyekana abana 41, kuri ubu kuboneza urubyaro aka Karere Kari kuri 55% ubariyemo n’uburyo busanzwe buri kuri 31%.

MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Rusizi
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye…

Uwase Colombe wiyamamaje muri Miss Rwanda 2015 yibarutse

Uwase Colombe wiyamamarije ikamba rya Miss Rwanda mu 2015, yamaze kwibaruka imfura…

Paris: Roger Lumbala yasabye ko Bemba na Lt Gen Ndima bahamagazwa mu rubanza rwe Ku wa 12

Ku wa 12Ugushyingo 2025, Urukiko rwa Rubanda rwa Paris mu Bufaransa rwatangiye…

Hatahuwe abakekwaho kuyogoza sitasiyo za Lisansi hanatangazwa ayo bari bamaze kwiba

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho…

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

Igisirikare cya Ghana cyatangaje ko umuvundo w'abitabiriye igikorwa cyo kwinjira mu gisirikare…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Minisitiri Dr Biruta yashyikirije João Lourenço ubutumwa bwa Perezida Kagame

1 Min Read
Politike

Amb Col (Rtd) Ndamage yashyikirije Umwami wa Eswatini impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri iki gihugu.

1 Min Read
Politike

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

3 Min Read
Politike

Perezida Ndayishimiye yikanze coup d’Etat asubika urugendo rw’i Paris igitaraganya 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?