BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Arasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wavutse atagira igitsina  

Ruhango: Arasaba ubufasha bwo kuvuza umwana wavutse atagira igitsina  

admin
Last updated: November 3, 2022 4:13 pm
admin
Share
SHARE

Mukashema Alphonsine wo mu Murenge wa Mbuye mu Karere ka Ruhango, arasaba abagira neza n’ubuyobozi kumufasha kubona ubushobozi bwo kuvuza umwana we wavutse afite uburwayi bw’ibyo mu nda biri hanze ndetse ntagire igitsina.

Ibiro by’Akarere ka Ruhango


Ni umwana w’imyaka 14 uyu mubyeyi yise Hagenimana David nubwo atazi igitsina cye, akaba yarabuze uko amuvuza kuko atishoboye ndetse akaba yarashyizwe no mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe.

Mukashema utuye mu Mudugudu wa Ipate, Akagari ka Mwendo mu Murenge wa Mbuye, avuga ko yagejeje umwana we mu bitaro bya CHUK ariko bakamubwirako yakenera abavuzi b’inzobere kugirango akire, gusa ngo amikoro yo yarabuze.

Aganira na Radio Huguka, yasobanuye uburwayi bw’umwana we agira ati “Nabyaye umwana, inda ikaba irarangaye, si umukobwa si umuhungu, umukondo ntawuriho, abantu barabizi ariko ikintangaza ni ukuntu banshyize mu cyiciro cya gatatu. Uyu munsi wa none nabuze ubufasha bwo kuvuza uyu mwana, naho mbonye bajya kumfasha bagasanga ndi mu cyiciro cya gatatu.”

Uyu mubyeyi Mukashema Alphonsine agaragaza ko yiyambaje inzego z’ibanze ariko byabaye iby’ubusa, agasaba inzego zisumbuye kumufasha kuvuza uyu mwana kuko abaganga bamubwiye ko ashobbora gukira.

Ati “Nagiye CHUK barambwira ngo umuganga waturuka hanze yamuvura, ubwo rero nacitse intege kubera ubukene, Mudugudu na Gitifu w’akagari n’umurenge barabizi, ndasaba ubuvugizi bamfashe turebe uko twavuza uyu mwana.”

Umuyobozi w’Akarere ka Ruhango wungirije ushinzwe imibereho myiza, Mukangenzi Alphonsine avuga ko iki kibazo bakizi ndetse bagiye gukurikirana bagashaka uko uyu mwana yavuzwa.

Yagize ati “Ubundi kugirango ikibazo kigeze iki gihe, umuryango uri mu cyiciro cya gatatu, icyo tugiye gukurikirana nk’ubuyobozi bw’akarere nuko hari abantu bamubarwaho bishoboye nabo biri ngombwa ko tuvugana bakabigiramo uruhare. Ntabwo mu gihugu cyacu dufite amabwiriza avuga ngo abafashwa mu buvuzi n’abari mu cyiciro cya mbere gusa, icya ngombwa ni ukurwana ku buzima bw’umuntu. Tugiye kuvugana n’ubuyobozi bw’ibitaro bya CHUK, agafasha akavuzwa.”

Abaturanyi ba Mukeshimana Alphonsine bavuga ko ubu burwayi bw’uyu mwana buzwi ndetse nta mikoro afite yatuma ashyirwa mu cyiciro cya gatatu cy’ubudehe, kuko ngo ubusanzwe atunzwe no guca inshuro ku bandi.

Aba baturanyi nabo bakavuga ko ubuyobozi bukwiye gufasha uyu mwana, agahabwa ubuvuzi kuko ibyo munda bigaragara hanze.

IVOMO: RADIYO HUGUKA

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Jackline says:
    November 3, 2022 at 4:23 pm

    Yooo! Uyu mwana arwaye bibabaje. Ariko ubwo Ubuyobozi bw’Akarere kacu bubimenye barabafasha. Wakoze Visi Meya. Dukunda Ubu

    Reply
  • Jackline says:
    November 3, 2022 at 4:27 pm

    Yooo! Uyu mwana arwaye bibabaje. Ariko ubwo Ubuyobozi bw’Akarere kacu bubimenye barabafasha. Wakoze Visi Meya. Dukunda Ubuyobozi bwacu

    Reply
  • Ntawishongora kuminsi says:
    November 6, 2022 at 5:45 pm

    Arikubundi nikihe kibazo kiri mubayobozi bamwenabamwe gusa ntamuturarwanda utarambiwe izimvugo zabayobozi baboza imitima yabantu byamara kujyera ahobibwiragako bitajyera bagatangira tujyiye kubikurikirana umva sibyiza bayobozi kd ereganamwe mujye muzirikanako mwambaye umubiri sibyosenshuti

    Reply
  • Kayigamba says:
    November 6, 2022 at 5:53 pm

    Ariko gusaba agacupantibiri mumuconyarwanda ubwikibazo nuko yasabye Ministri ubwose mwajyirengo agasabe mutwarasibo eregubwo wabona mumukururire umva ngendumva ntashyano ryacicumurizope ubundise umwana ntasaba umubyeyi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?