BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

admin
Last updated: November 2, 2022 12:08 pm
admin
Share
SHARE

Inzu itunganya umuziki ya Kina Music yaguriye ibikorwa byayo mur Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho bagiye gufasha abahanzi nyarwanda bahatuye gukora indirimbo.

Producer Ishimwe yerekeje muri Amerika

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2022, nibwo umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement yafashe indege yerekeza muri Amerika gukorerayo ibikorwa bye byo gutunganya umuziki.

Mbere yo kurira rutemikirere ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, Ishimwe Clement yavuze ko kwimurira ibikorwa bya Kina Music muri Amerika biri muri gahunda ye yo kwagura ibikorwa by’iyi nzu itunganya umuziki. Ibi bikazamufasha no guhura n’abahanzi bahakorera.

Yagaragaje ko iki gitekerezo yari akimaranye iminsi, ariko yaje kuzitirwa n’icyorezo cya Covid-19, ni nyuma y’ubusabe bw’abahanzi batuye muri Amerika yagiye yakira bamumenyesha ko bagorwa no kubona aho bakorera indirimbo.

Kina Music ni imwe mu nzu zikomeye hano mu ruganda rwa muzika nyarwanda mu gutunganya umuziki ndetse no gufasha abahanzi, ibarizwamo abahanzi barimo umugore wa Clement, Butera Knowless. Ifasha kandi abandi bahanzi barimo Nel Ngabo, Nemeye Platini P na Igor Mabano.

Kuwa 10 Ukwakira 2022, nibwo Ishimwe Clement yabitangaje ko azafata urugendo rwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gufasha abahanzi bahatuye cyane cyane abakomoka mu Rwanda. Biteganyijwe ko agomba kumarayo igihe kigera ku Kwezi.

 

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?