BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

admin
Last updated: November 2, 2022 12:08 pm
admin
Share
SHARE

Inzu itunganya umuziki ya Kina Music yaguriye ibikorwa byayo mur Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho bagiye gufasha abahanzi nyarwanda bahatuye gukora indirimbo.

Producer Ishimwe yerekeje muri Amerika

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2022, nibwo umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement yafashe indege yerekeza muri Amerika gukorerayo ibikorwa bye byo gutunganya umuziki.

Mbere yo kurira rutemikirere ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, Ishimwe Clement yavuze ko kwimurira ibikorwa bya Kina Music muri Amerika biri muri gahunda ye yo kwagura ibikorwa by’iyi nzu itunganya umuziki. Ibi bikazamufasha no guhura n’abahanzi bahakorera.

Yagaragaje ko iki gitekerezo yari akimaranye iminsi, ariko yaje kuzitirwa n’icyorezo cya Covid-19, ni nyuma y’ubusabe bw’abahanzi batuye muri Amerika yagiye yakira bamumenyesha ko bagorwa no kubona aho bakorera indirimbo.

Kina Music ni imwe mu nzu zikomeye hano mu ruganda rwa muzika nyarwanda mu gutunganya umuziki ndetse no gufasha abahanzi, ibarizwamo abahanzi barimo umugore wa Clement, Butera Knowless. Ifasha kandi abandi bahanzi barimo Nel Ngabo, Nemeye Platini P na Igor Mabano.

Kuwa 10 Ukwakira 2022, nibwo Ishimwe Clement yabitangaje ko azafata urugendo rwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gufasha abahanzi bahatuye cyane cyane abakomoka mu Rwanda. Biteganyijwe ko agomba kumarayo igihe kigera ku Kwezi.

 

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Alhajji Farid M.…

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?