BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

Kina Music yaguriye ibikorwa muri Amerika

admin
Last updated: November 2, 2022 12:08 pm
admin
Share
SHARE

Inzu itunganya umuziki ya Kina Music yaguriye ibikorwa byayo mur Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, aho bagiye gufasha abahanzi nyarwanda bahatuye gukora indirimbo.

Producer Ishimwe yerekeje muri Amerika

Ku mugoroba wo kuri uyu wa 1 Ugushyingo 2022, nibwo umuyobozi wa Kina Music, Ishimwe Clement yafashe indege yerekeza muri Amerika gukorerayo ibikorwa bye byo gutunganya umuziki.

Mbere yo kurira rutemikirere ku kibuga mpuzamahanga cy’indege cya Kigali, Ishimwe Clement yavuze ko kwimurira ibikorwa bya Kina Music muri Amerika biri muri gahunda ye yo kwagura ibikorwa by’iyi nzu itunganya umuziki. Ibi bikazamufasha no guhura n’abahanzi bahakorera.

Yagaragaje ko iki gitekerezo yari akimaranye iminsi, ariko yaje kuzitirwa n’icyorezo cya Covid-19, ni nyuma y’ubusabe bw’abahanzi batuye muri Amerika yagiye yakira bamumenyesha ko bagorwa no kubona aho bakorera indirimbo.

Kina Music ni imwe mu nzu zikomeye hano mu ruganda rwa muzika nyarwanda mu gutunganya umuziki ndetse no gufasha abahanzi, ibarizwamo abahanzi barimo umugore wa Clement, Butera Knowless. Ifasha kandi abandi bahanzi barimo Nel Ngabo, Nemeye Platini P na Igor Mabano.

Kuwa 10 Ukwakira 2022, nibwo Ishimwe Clement yabitangaje ko azafata urugendo rwerekeza muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gufasha abahanzi bahatuye cyane cyane abakomoka mu Rwanda. Biteganyijwe ko agomba kumarayo igihe kigera ku Kwezi.

 

NKURUNZIZA Jean Baptiste/ UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?