BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > AS Kigali y’abagore yanze gukora imyitozo itarahembwa

AS Kigali y’abagore yanze gukora imyitozo itarahembwa

admin
Last updated: November 2, 2022 12:29 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kumara amezi atatu batazi uko umushahara usa, abakinnyi ba AS Kigali Women Football Club banze gukomeza kubeshywa ko bazahembwa ariko ntibikorwe.

AS Kigali WFC yanze gukomeza gukora imyitozo itarahembwa imishahara iberewemo

Ibi byabaye kuwa Kabiri tariki 1 Ugushyingo 2022. Byari biteganyijwe ko bajya mu myitozo yagombaga gutangira Saa munani z’amanywa ariko ntibajyayo.

Aba bakinnyi barishyuza imishahara y’amezi atatu asaga ane.

Amakuru UMUSEKE wamenye, avuga ko Umuyobozi w’iyi kipe, Twizeyeyezu Marie Josée atanaheruka kwiyereka abakinnyi kuko nta gishya cyo kubabwira afite.

Amakuru yandi avuga ko mu gihe ibi bibazo by’imishahara byaba bidakemutse, abakinnyi batiteguye gukomeza akazi.

Abakinnyi bakomeje kubeshywa bakihangana:

Ubwo ikipe yavaga mu mikino yo gushaka itike yo kujya mu marushanwa Nyafurika ahuza amakipe yabaye aya Mbere iwayo mu bagore yabareye muri Tanzania, bari bijjwe ko nibagera i Kigali bazahembwa ariko icyizere cyarajije amasinde.

Mbere yo gutangira shampiyona, bari bijejwe ko bazahembwa ariko n’ubundi amaso yaheze mu kirere.

Intandaro yo kuba Umujyi wa Kigali warimanye amafaranga:

Ubwo iyi kipe yerekezaga mu mikino ya CECAFA y’abagore, yahawe amafaranga n’Umujyi wa Kigali nk’umuterankunga wayo ariko ubuyobozi busabwa gutanga raporo y’uko yakoreshejwe.

Kuba iyi kipe yava muri ayo marushanwa, ubuyobozi ntibwigeze bugaragaza uko amafaranga bwahawe yakoreshejwe, kandi Umujyi wa Kigali ntiwiteguye gutanga andi utarahabwa iyo raporo.

Iyi kipe iravugwamo umwuka mubi:

Kuva AS Kigali WFC yava mu marushanwa ya CECAFA, yavuzwemo kwishishanya hagati y’abakinnyi, abatoza na bamwe mu bayobozi ndetse bamwe mu bakinnyi barimo rutahizamu Usanase Zawadi na Nyirabashyitsi Judith bahitamo guhagarika imyitozo.

Iyi kipe yatsinze APAER WFC umukino w’umunsi wa Mbere wa shampiyona, igitego 1-0 cyatsinzwe na Ukwinkunda Jeannette Jiji.

Rutahizamu, Usanase Zawadi amaze amezi hafi atatu adakora imyitozo ariko yakinishijwe umukino wa Mbere wa shampiyona
Nyirabashyitsi Judith nawe yahagaritse imyitozo ku mpamvu ze bwite

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?