BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ambasaderi Karega wirukanwe na Congo yasezeye abo bakoranaga

Ambasaderi Karega wirukanwe na Congo yasezeye abo bakoranaga

admin
Last updated: October 31, 2022 3:13 pm
admin
Share
SHARE

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega mbere yo kuva ku butaka bw’iki gihugu yabanje gufata ifoto y’urwibutso n’abo bakoranaga.

Ambasaderi Karega yafashe ifoto y’urwibutso mbere yo kuva ku butaka bwa Congo

Ku wa 29 Ukwakira 202, nibwo inama yari iyobowe na Perezida wa DR Congo, Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo yafashe imyanzuro ku mubano wabo n’u Rwanda, aho bahaye amasaha 48 Amb. Vincent Karega yo kuba yavuye ku butaka bw’iki gihugu.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuybulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega akaba yashimiye abakozi bakoranaga ndetse anafata ifoto y’urwibutso mbere yo kugaruka mu Rwanda.

Abinyujije kuri Twitter yagize ati “Ifoto y’urwibutso hamwe na bagenzi banjye muri Ambasade mbere yo kuva Kinshasa, Turi kumwe kandi mwarakoze kuri buri kimwe.”

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukaba ukomeje kuzamo igihu no kurebana ay’ingwe, aho iki gihugu gishinza u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje gukubita inshuro no kwigarurira bimwe mu bice by’Uburasirazuba bwa DR Congo.

Ni mu gihe kandi u Rwanda rugaragaza ko iki gihugu kirengagiza amasezerano yashyizweho harimo no guhagarika gutera inkunga umutwe wa FDRL ugizwe n’abasize bakoze Jenoside ndetse ukora ibikorwa bigamije guhungabanya umubano w’u Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere, Perezida Paul Kagame yavuze ko yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye LONI, Antonio Guterres bigamije gushakira ibisubizo umutekano muke muri DR Congo, yavuze ko bemeranyije ko bigomba kubakira ku masezerano ya Nairobi na Luanda.

Gusa nubwo hakomeje gushakirwa umuti iki kibazo, Abanyacongo basaba ko umubano w’igihugu cyabo n’u Rwanda warangira burundu.

Congo yahaye amasaha Ambasaderi w’u Rwanda ngo ave ku butaka bwayo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Alegisi says:
    October 31, 2022 at 5:05 pm

    Abandi bakoze bo bazagumaho?

    Reply
  • Pingback: Ibyamenyekanye ku rugendo rwa Ambasaderi Karega ava i Kinshasa – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?