BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ambasaderi Karega wirukanwe na Congo yasezeye abo bakoranaga

Ambasaderi Karega wirukanwe na Congo yasezeye abo bakoranaga

admin
Last updated: October 31, 2022 3:13 pm
admin
Share
SHARE

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega mbere yo kuva ku butaka bw’iki gihugu yabanje gufata ifoto y’urwibutso n’abo bakoranaga.

Ambasaderi Karega yafashe ifoto y’urwibutso mbere yo kuva ku butaka bwa Congo

Ku wa 29 Ukwakira 202, nibwo inama yari iyobowe na Perezida wa DR Congo, Felix Antoine Tshisekedi Tshilombo yafashe imyanzuro ku mubano wabo n’u Rwanda, aho bahaye amasaha 48 Amb. Vincent Karega yo kuba yavuye ku butaka bw’iki gihugu.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Repuybulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Vincent Karega akaba yashimiye abakozi bakoranaga ndetse anafata ifoto y’urwibutso mbere yo kugaruka mu Rwanda.

Abinyujije kuri Twitter yagize ati “Ifoto y’urwibutso hamwe na bagenzi banjye muri Ambasade mbere yo kuva Kinshasa, Turi kumwe kandi mwarakoze kuri buri kimwe.”

Umubano w’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ukaba ukomeje kuzamo igihu no kurebana ay’ingwe, aho iki gihugu gishinza u Rwanda gutera inkunga umutwe wa M23 ukomeje gukubita inshuro no kwigarurira bimwe mu bice by’Uburasirazuba bwa DR Congo.

Ni mu gihe kandi u Rwanda rugaragaza ko iki gihugu kirengagiza amasezerano yashyizweho harimo no guhagarika gutera inkunga umutwe wa FDRL ugizwe n’abasize bakoze Jenoside ndetse ukora ibikorwa bigamije guhungabanya umubano w’u Rwanda.

Mu gitondo cyo kuri uyu Mbere, Perezida Paul Kagame yavuze ko yagiranye ibiganiro n’Umunyamabanga w’Umuryango w’Abibumbye LONI, Antonio Guterres bigamije gushakira ibisubizo umutekano muke muri DR Congo, yavuze ko bemeranyije ko bigomba kubakira ku masezerano ya Nairobi na Luanda.

Gusa nubwo hakomeje gushakirwa umuti iki kibazo, Abanyacongo basaba ko umubano w’igihugu cyabo n’u Rwanda warangira burundu.

Congo yahaye amasaha Ambasaderi w’u Rwanda ngo ave ku butaka bwayo

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Alegisi says:
    October 31, 2022 at 5:05 pm

    Abandi bakoze bo bazagumaho?

    Reply
  • Pingback: Ibyamenyekanye ku rugendo rwa Ambasaderi Karega ava i Kinshasa – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?