BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Inzego z’umutekano ku mupaka zirarikanuye zikurikirana ibiri kuba – U Rwanda rwasubije Congo

Inzego z’umutekano ku mupaka zirarikanuye zikurikirana ibiri kuba – U Rwanda rwasubije Congo

admin
Last updated: October 30, 2022 1:33 pm
admin
Share
SHARE

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko ibabajwe n’icyemezo cya Leta ya Congo cyo kwirukana ku butaka bwayo Ambasaderi Vincent Karega, ni itangazo risubiza iryo Congo yaraye isohoye rikubiyemo imyanzuro yafashwe n’Inama Nkuru y’Umutekano.

Perezida Paul Kagame aganira na Perezida Félix Antoine TSHISEKEDI wa Congo (Archives)

Itangazo ryasohowe n’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, rivuga ko inzego z’umutekano z’u Rwanda zirikanuye ku mipaka, zikaba zikomeza kugenzurira hafi ibiri kubera hakurya muri Congo nyuma y’imirwano mishya ya M23.

U Rwanda kandi rwavuze ko ikindi giteye impungenge ari ukuba ingabo za Leta ya Kinshasa zikomeza gukorana na FDLR, no kugerageza gukoresha imbunda nini mu nkengero z’imipaka yarwo, ndetse no kuba amagambo y’urwango ku Rwanda akomeza gukoreshwa n’abayobozi ba Congo.

Itangazo rya Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko rukomeza kwereka amahanga ko muri Congo hari amagambo y’urwango ku Banyarwanda n’Abanye-Congo bavuga Ikinyarwanda ndetse bakaba bakorerwa ibikorwa bibi.

U Rwanda ruravuga ko rubabajwe no kuba Congo irugira urwitwazo kugira ngo “ihishe intege nke mu miyoborere yayo no mu nzego z’umutekano.”

Itangazo ry’Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda rivuga ko rwiteguye gukomeza gushyigikira ibikorwa byo gushaka ibisubizo by’ibibazo bya Congo mu nzira y’amahoro, harimo ibiganiro byatangiye, iby’i Nairobi n’iby’i Luanda muri Angola.

Congo yo mu itangazo ryayo ryo ku wa Gatandatu, yafashe icyemezo cyo guha Ambasaderi w’u Rwanda amasaha 48 akaba yavuye ku butaka bwayo.

Ibihugu byombi biraterana amagambo, mu gihe inyeshyamba za M23 zirukanye ingabo za Leta muri Teritwari ya Rutshuru mu mirwano mishya yubuye.

Kuri iki Cyumweru kandi i Goma habereye imyigaragambyo, aho urubyiruko rubisabwe na Sosiyete civile yaho, bagiye mu mihanda kwamagana u Rwanda “barushinja gufasha M23”.

Congo yahaye amasaha Ambasaderi w’u Rwanda ngo ave ku butaka bwayo

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • Pingback: Intambara muri Congo: Guteres yahamagaye Kagame kuri telefoni – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

Perezida wa Amerika Donald Trump yatangaje ko Iran ishobora kugabwaho ibitero bikomeye…

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?