BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Inzoga zihenze umukire yinjije mu buryo bwa magendu zafatiwe i Rubavu

Inzoga zihenze umukire yinjije mu buryo bwa magendu zafatiwe i Rubavu

admin
Last updated: October 28, 2022 8:28 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe kurwanya magendu n’ibindi byaha (ASOC) ryafashe magendu y’inzoga zihenze zirimo likeri (liquor), imivinyu n’izindi zitandukanye zifite agaciro k’amafaranga y’u Rwanda miliyoni 50.

Umuzamu warindaga aho izi nzoga zibitse ni we wafashwe, sebuja arashakishwa

Mu zafashwe harimo izo mu bwoko bwa Hennessy, Moet, na Jameson zafatiwe mu nzu iherereye mu mujyi wa Gisenyi, mu mudugudu wa Munini mu Kagari ka Rubavu, ku wa Gatatu, tariki 26 Ukwakira, 2022.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo, ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’Iburengerazuba (RPCEO), yavuze ko umuntu umwe ucyekwaho kugira aho ahurira n’iyi magendu yamaze gufatwa.

Yagize ati: “Ku wa Gatatu, tariki ya 26 Ukwakira, ahagana ku isaha ya saa tanu z’ijoro, tugendeye ku makuru yizewe twari twahawe n’abaturage ko hari inzoga zibitse mu nzu iherereye mu mudugudu wa Munini; abapolisi bageze kuri iyo nzu, mu kuyisaka, bayisangamo inzoga z’ubwoko butandukanye zinjijwe mu buryo bwa magendu.”

Yakomeje agira ati: “Uwitwa Mbarushimana  Danny, wafatiwe muri iyo nzu, yabwiye Polisi ko yahawe akazi n’uwitwa Gakwaya Silas, ukirimo gushakishwa.”

Uyu Mbarushimana ngo yari yahawe akazi ko kurinda inzu ku mafaranga ibihumbi 30Frw ku kwezi.

Chief Inspector of Police (CIP) Mucyo Rukundo avuga ko ziriya nzoga zinjijwe mu Rwanda zivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), mu masaha ya ninjoro.

CIP Rukundo yashimiye abaturage batanze amakuru yatumye iyi magendu ifatwa, asaba abakora ubucuruzi, kubukora mu buryo bukurikije amategeko, bakareka magendu kuko idindiza ubukungu n’iterambere ry’igihugu.

 

Icyo itegeko rivuga

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse n’umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi 5$.

ISOOKO: RNP Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
6 Comments
  • Kalisa says:
    October 28, 2022 at 8:35 am

    Hahahahaaa!

    Noneho leta irahombye kuko nta modoka yo guteza cyamunara, nta n’umushoferi wo gucibwa ariya mande😁

    Abantu nibareke gushaka inyungu zikabije kuko byanze bikunze birangira nabi.

    Reply
  • Vensa says:
    October 28, 2022 at 9:33 am

    Oooo! Reka twemere ko yakoze ikosa ariko mumfashe tunenge ibigwari byabaturage binanirwa gukora bikirirwa bicunga abibereye mukazi ubu nubugome pe! Guhombya umuntu miriyoni50 keretse yinjije intwaro cg urumogi imbwa gusa.

    Reply
  • Anonymous says:
    October 28, 2022 at 1:36 pm

    Ubwo nubugome konumva kubaho murwanda bikaze none umuntu arikwicira inzira mukamwirukaho aho tax kozirihejuru cne mubona abaturage bayikurahe ngaye abavumvuye ngo barigutanga amakuru mureke abantu bibereho deixar fofoqueiro

    Reply
  • Jp says:
    October 28, 2022 at 1:52 pm

    Arahombye umuvandimwe ntakundi

    Reply
  • Kalisa says:
    October 29, 2022 at 9:08 am

    @ Vensa and Anonymous,

    Ubwo se abantu bose bakoze magendu byagenda bite?

    Reply
  • J says:
    October 30, 2022 at 1:53 pm

    ARK UMENYK BUS NYINE ATARH BAYKOR ES UBUND UBON MAGEND BATAZNJIZ AHUBW IZFATWA NIZACUNG TUTAGZ ICYOTUMARIR IGIHUG .EX KOTWARIBAT TWAR KUKIMARIR IK TURIBT? ARIK UBUTWABISHOBR! GUS YUMUNT AHIG NTIHABUR UWITMBIK MUMUHGO .ABATURAG NABOIBYOBABA BAKOR NTIBABZ.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?