BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rubavu: Inzozi ni zose kuri Alpha Tiger winjiranye imbaduko muri muzika

Rubavu: Inzozi ni zose kuri Alpha Tiger winjiranye imbaduko muri muzika

admin
Last updated: October 21, 2022 7:06 am
admin
Share
SHARE

Ntivuguruzwa Alphonse uvuka mu karere ka Rubavu yinjiranye ibakwe mu muziki nyarwanda mu njyana ya Afrobeat n’izina ry’ubuhanzi Alpha Tiger, yiyemeje guhangana n’abamubanjirije.

Alpha Tiger impano nshya muri muzika nyarwanda

Alpha Tiger aje yiyongera ku bahanzi basanzwe bakorera umuziki mu karere ka Rubavu, aho ku ikubitiro yatangiranye indirimbo ebyiri “Akawici” na “Ibyo Bavuga”.

Mu kiganiro yagiranye n’UMUSEKE, Alpha Tiger yasobanuye uburyo yafashe icyemezo cyo kwinjira mu muziki nyarwanda n’ingamba azanye mu ruhando rwa muzika.

Ati “Nakuze nkunda kuririmba no guhimba indirimbo ariko simbishyire mu bikorwa, mu 2020 nibwo nafashe iyambere nandika indirimbo ngamije kuzijyana muri studio (inzu itunganya imiziki) mu rwego rwo kuba nagaragaza icyo nanjye nshoboye nk’urubyiruko.”

Akomeza avuga ko yiteguye guhangana ku ruhando rwa muzika agira ati “Mfite uburyo bwanjye bwite ndirimbamo nkanandikamo mu njyana ya Afrobeat nta gushishura, bakuru bacu mu muziki ndabemera ariko bumve ko nje guhangana nabo nta mususu. Ntabwo ari bimwe umuntu asohora indirimbo imwe akagenda akaburirwa irengero.”

Alpha Tiger usanzwe ari umunyeshuri mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, avuga ko nubwo yiga azakora ibishoboka byose ku buryo bitabangamira amasomo kuko azi neza agaciro ko kwiga.

Ku kijyanye naho akura ubushobozi bwo gukora umuziki, avuga ko nta muntu umufasha uretse ababyeyi be bamushyigikira.

Kimwe n’abandi bahanzi bakizamuka, Alpha Tiger avuga ko bakizitiwe n’amikoro make no kudashyigikirwa na bamwe mu bateza imbere abahanzi agasaba ababishinzwe gutera ingabo mu bitugu impano zikizamuka.

Yagize ati “Turacyafite imbogamizi z’amikoro adahagije, hari igihe ujya kwa producer akaguca amafaranga menshi cyangwa se make ufite akagukorera igihangano kidafite ireme cyagakwiye, badufashe natwe badushyigikire kuko hari impano zibura aho zimenera kubera ubushobozi.”

Reba indirimbo Akawici by Alpha Tiger

NKURUNZIZA JEAN BAPTISTE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

1 Min Read
Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?