BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Rubavu: Inzozi ni zose kuri Alpha Tiger winjiranye imbaduko muri muzika

Rubavu: Inzozi ni zose kuri Alpha Tiger winjiranye imbaduko muri muzika

admin
Last updated: October 21, 2022 7:06 am
admin
Share
SHARE

Ntivuguruzwa Alphonse uvuka mu karere ka Rubavu yinjiranye ibakwe mu muziki nyarwanda mu njyana ya Afrobeat n’izina ry’ubuhanzi Alpha Tiger, yiyemeje guhangana n’abamubanjirije.

Alpha Tiger impano nshya muri muzika nyarwanda

Alpha Tiger aje yiyongera ku bahanzi basanzwe bakorera umuziki mu karere ka Rubavu, aho ku ikubitiro yatangiranye indirimbo ebyiri “Akawici” na “Ibyo Bavuga”.

Mu kiganiro yagiranye n’UMUSEKE, Alpha Tiger yasobanuye uburyo yafashe icyemezo cyo kwinjira mu muziki nyarwanda n’ingamba azanye mu ruhando rwa muzika.

Ati “Nakuze nkunda kuririmba no guhimba indirimbo ariko simbishyire mu bikorwa, mu 2020 nibwo nafashe iyambere nandika indirimbo ngamije kuzijyana muri studio (inzu itunganya imiziki) mu rwego rwo kuba nagaragaza icyo nanjye nshoboye nk’urubyiruko.”

Akomeza avuga ko yiteguye guhangana ku ruhando rwa muzika agira ati “Mfite uburyo bwanjye bwite ndirimbamo nkanandikamo mu njyana ya Afrobeat nta gushishura, bakuru bacu mu muziki ndabemera ariko bumve ko nje guhangana nabo nta mususu. Ntabwo ari bimwe umuntu asohora indirimbo imwe akagenda akaburirwa irengero.”

Alpha Tiger usanzwe ari umunyeshuri mu mwaka wa gatanu w’amashuri yisumbuye, avuga ko nubwo yiga azakora ibishoboka byose ku buryo bitabangamira amasomo kuko azi neza agaciro ko kwiga.

Ku kijyanye naho akura ubushobozi bwo gukora umuziki, avuga ko nta muntu umufasha uretse ababyeyi be bamushyigikira.

Kimwe n’abandi bahanzi bakizamuka, Alpha Tiger avuga ko bakizitiwe n’amikoro make no kudashyigikirwa na bamwe mu bateza imbere abahanzi agasaba ababishinzwe gutera ingabo mu bitugu impano zikizamuka.

Yagize ati “Turacyafite imbogamizi z’amikoro adahagije, hari igihe ujya kwa producer akaguca amafaranga menshi cyangwa se make ufite akagukorera igihangano kidafite ireme cyagakwiye, badufashe natwe badushyigikire kuko hari impano zibura aho zimenera kubera ubushobozi.”

Reba indirimbo Akawici by Alpha Tiger

NKURUNZIZA JEAN BAPTISTE / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?