BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Dec 7, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Umusore yakomerekejwe n’abataramenyekana, nyuma banatema amatungo ye

Gakenke: Umusore yakomerekejwe n’abataramenyekana, nyuma banatema amatungo ye

admin
Last updated: October 19, 2022 2:46 pm
admin
Share
SHARE

Ku mugoroba wo ku wa kabiri tariki 18 Ukwakira 2022, ahagana saa kumi n’ebyiri hamenyekanye amakuru y’uko ihene ebyiri za Niyonsenga Oded zatemwe.

Gakenke ni mu ibara ritukura

Uwo musore na we arwariye mu Bitaro kubera ibikomere yatewe n’abataramenyekana ubwo yari azindukiye mu kazi mu gitondo cyo kuri iriya tariki.

Ni umusore w’imyaka 17 y’amavuko wo mu Mudugudu wa Rukore, mu Kagari ka Rukore, mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke.

Yazindutse mu gitondo cyo ku wa 18 Ukwakira 2022 mu ma saa kumi z’igitondo (04h00 a.m) ajya mu kazi, ageze mu nzira atangirwa n’abantu bataramenyekana baramuhohotera ajyanwa ku Kigo Nderabuzima cya Cyabingo, ariko kuko atari arimo kuvuga na bo bamwohereza ku Bitaro bya Nemba ngo yitabweho.

Kugeza ubu nta makuru menshi yari yongera gutanganzwa kuko inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zahise zigerageza gukora iperereza ngo hamenyekane icyaba kihishe inyuma y’ibi bikorwa n’ababa babigizemo uruhare.

Ku murongo wa telefoni igendanwa inshuro zose twagerageje guhamagara ubuyobozi bw’Umurenge wa Cyabingo ntabwo bwatwitabye kugeza ubwo iyi nkuru yakorwaga.

Turakomeye gukurikirana iyi nkuru…..

Yanditswe na Jean Claude BAZATSINDA

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rwakiriye abanyarwanda 200 batahutse bavuye muri RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?