BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

admin
Last updated: October 18, 2022 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yabujije umuhungu we uri kugirira ibihe byiza mu Rwanda, Gen Muhoozi Kainerugaba kugira ibyo azongera gutangaza kuri Twitter byereke Leta z’ibihugu.

Jenerali w’inyenyeri enye Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Perezida Museveni (Archives)

Ibi bitangajwe mu gihe hashize iminsi, Museveni n’igihugu cye basabye imbabazi Kenya, na Perezida William Ruto, nyuma y’uko Gen Muhoozi atangaje ko “mu byumweru bibiri gusa yaba yamaze gufata Umujyi wa Nairobi”.

Icyo gihe Perezida Museveni yasabye Imbabazi Abanya-Kenya kubera amagambo ya Gen Muhoozi kuri twitter.

Perezida Museveni ku wa mbere w’iki cyumweru aganira na televiziyo yo muri Uganda, yavuze ko ikibazo cyitari mu gukoresha Twitter ko ahubwo ari ibyo ukwiye gutangaza kuri Twitter.

Yagize ati “Azava kuri Twitter. Twarabiganiriye. Twitter si cyo kibazo. Ikibazo ni ibyo uhatangariza.”

Yongeyeho ko “Kuvuga ku bindi  bihugu ndetse no kuri politiki ya Uganda ni ibintu atagakoze kandi ntabwo azabyongera.”

Perezida Museveni yavuze ko umuhungu we agiye avuga ku myidagaduro na siporo nta kibazo byateza.

Mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hibazwa kuri ayo magambo Muhoozi yari atangaje, Perezida Museveni yahise amwambura inshingano zo kuba umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, ariko agumana umwanya wo kuba umujyana wihariye mu by’umutekano.

Ndetse yahise amuvana ku ipeti rya Lieutenant  General, amugira General avuga ko nubwo hari amakosa yakoze ariko hari n’ibyiza byinshi yashimirwa.

Gen Muhoozi Kainerugaba benshi bamubonamo uzasimbura se ku butegetsi, ndetse akaba agenda gahoro gahoro yigarurira imitima y’abatuye Uganda, n’abatuye mu karere ka Africa y’Iburasirazuba, aho akunze kugaragaza ko ikwiye kuba imwe, nta mipaka ikwiye kuba hagati y’abaturage b’akarere.

Ubutumwa bwa nyuma Gen Muhoozi aheruka kwandika kuri Twitter, ni ubwo ku itariki ya 14 Ukwakira, 2022 ubivuze ko hagiye gushira iminsi 4 adakoresheje Twitter.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW  

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Pingback: Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?