BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

Museveni yabujije umuhungu we gukoresha twitter avuga kuri Leta

admin
Last updated: October 18, 2022 1:44 pm
admin
Share
SHARE

Perezida wa Uganda, Yoweri Kaguta Museveni, yabujije umuhungu we uri kugirira ibihe byiza mu Rwanda, Gen Muhoozi Kainerugaba kugira ibyo azongera gutangaza kuri Twitter byereke Leta z’ibihugu.

Jenerali w’inyenyeri enye Muhoozi Kainerugaba umuhungu wa Perezida Museveni (Archives)

Ibi bitangajwe mu gihe hashize iminsi, Museveni n’igihugu cye basabye imbabazi Kenya, na Perezida William Ruto, nyuma y’uko Gen Muhoozi atangaje ko “mu byumweru bibiri gusa yaba yamaze gufata Umujyi wa Nairobi”.

Icyo gihe Perezida Museveni yasabye Imbabazi Abanya-Kenya kubera amagambo ya Gen Muhoozi kuri twitter.

Perezida Museveni ku wa mbere w’iki cyumweru aganira na televiziyo yo muri Uganda, yavuze ko ikibazo cyitari mu gukoresha Twitter ko ahubwo ari ibyo ukwiye gutangaza kuri Twitter.

Yagize ati “Azava kuri Twitter. Twarabiganiriye. Twitter si cyo kibazo. Ikibazo ni ibyo uhatangariza.”

Yongeyeho ko “Kuvuga ku bindi  bihugu ndetse no kuri politiki ya Uganda ni ibintu atagakoze kandi ntabwo azabyongera.”

Perezida Museveni yavuze ko umuhungu we agiye avuga ku myidagaduro na siporo nta kibazo byateza.

Mu gihe ku mbuga nkoranyambaga hibazwa kuri ayo magambo Muhoozi yari atangaje, Perezida Museveni yahise amwambura inshingano zo kuba umugaba Mukuru w’ingabo zirwanira ku butaka, ariko agumana umwanya wo kuba umujyana wihariye mu by’umutekano.

Ndetse yahise amuvana ku ipeti rya Lieutenant  General, amugira General avuga ko nubwo hari amakosa yakoze ariko hari n’ibyiza byinshi yashimirwa.

Gen Muhoozi Kainerugaba benshi bamubonamo uzasimbura se ku butegetsi, ndetse akaba agenda gahoro gahoro yigarurira imitima y’abatuye Uganda, n’abatuye mu karere ka Africa y’Iburasirazuba, aho akunze kugaragaza ko ikwiye kuba imwe, nta mipaka ikwiye kuba hagati y’abaturage b’akarere.

Ubutumwa bwa nyuma Gen Muhoozi aheruka kwandika kuri Twitter, ni ubwo ku itariki ya 14 Ukwakira, 2022 ubivuze ko hagiye gushira iminsi 4 adakoresheje Twitter.

TUYISHIMIRE Raymond /UMUSEKE.RW  

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment
  • Pingback: Nta we uzambuza gukoresha Twitter – Gen Muhoozi – Umuseke

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?