BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jun 6, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Abantu 28 bishwe n’iturika ryabereye mu kirombe muri Turukiya

Abantu 28 bishwe n’iturika ryabereye mu kirombe muri Turukiya

admin
Last updated: October 15, 2022 7:52 am
admin
Share
SHARE

Abantu 28 byemejwe ko bapfuye abandi baracyashakishwa nyuma y’iturika ryabereye mu kirombe gishakishwamo ingufu zitwa (coal/charbon) mu Ntara ya Bartin, iri mu Mjyaruguru ya Turukiya.

Abantu 28 ni bo bishwe na kuriya guturika

Abantu bagera ku 110 bari mu kirombe ubwo iriya mpanuka yabaga ku wa Gatanu, kimwe cya kabiri cyabo bari muri metero zisaga 300 mu kuzimu.

Minisitiri w’Ubuzima wa Turukiya, Fahrettin Koca yavuze ko abantu 11 babashije gutabarwa, ndetse bajyanwa kwa muganga.

Abatabazi baraye igicuku bagerageza gucukura urutare ngo bafashe abaheze ikuzimu.

Hari video yagiye hanze y’abari mu kirombe, bavuyemo isura zabo zahindutse umukara, bagaragaza umunaniro, bakaba bajyanywe ku bitaro by’ahitwa Amasra, hafi y’Inyanja y’Umukara kugira ngo bitabweho.

BBC ivuga ko imiryango ifite ababo bakora muri kiriya kirombe ndetse n’inshuti zabo, na bo bihutiye kujya ahabereye impanuka bategereje kumva amakuru y’abantu babo.

Guturika kwabereye muri metero 300 ikuzimu. Abantu 49 barimo bakora akazi kabo mu ntera ya metero 300 abandi bari muri metero 350 mu nda y’isi nk’uko Minisitiri w’umutekano w’imbere mu gihugu, Suleyman Soylu yabitangaje.

Ati “Hari abantu bamwe batabajije kuvamo hariya.”

Ntiharamenyekana icyateye kuriya guturika, Umushinjacyaha wo muri kariya gace yageze aho byabereye kugira ngo hatangire iperereza.

Minisitiri w’Ingufu muri Turukiya yavuze ko amakuru ya mbere yagaragazaga ko guturika kwavuye kuri gaz methane iba mu birombe bicukurwamo ziriya ngufu za charbon.

Yavuze ko ibyabaye bibabaje, gusa atanga icyizere cyo kuba umuriro wazimye, ndetse n’uburyo bwo kohereza umwuka mu kirombe bukaba bwongeye gukora neza.

Kuri uyu wa Gatandatu, Perezida wa Turukiya Recep Tayyip Erdogan biteganyijwe ko asura kiriya kirombe cyabereyemo impanuka.

Kiriya kirombe ni icya sosiyete yitwa Turkish Hard Coal Enterprises.

Mu mwaka wa 2014, abantu 301 bapfiriye mu kirombe nyuma yo guturika kwabereye mu Mujyi wo mu Burengerazuba bwa Turukiya witwa Soma.

Abatabazi baraye bakora ijoro ryose ngo baramire abakiri bazima

ISOOKO: BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Billy Joel yahishuye ko yagerageje kwiyahura inshuro ebyiri

Umuririmbyi w’Umunyamerika Billy Joel, wamamaye mu bihangano bikomeye byagiye bivugwa cyane ku…

U Burusiya bwagabye igitero cya drones i Kyiv gihitana bane

U Burusiya bwagabye igitero cy’indege zitagira abapilote (drones) hirya no hino muri…

Inzira zabyaye amahari hagati ya perezida Trump n’umuherwe Elon Musk

Hari intambara ikomeye hagati y'umuntu wa mbere utunze kurusha abandi kw'isi n'umunyaporitike…

Umuriro watse hagati y’u Burusiya n’u Bwongereza

Ambasaderi w’u Burusiya mu Bwongereza yashinje iki gihugu uruhare mu bitero bya…

Martin Fayulu yahuye na perezida Tshisekedi amusaba ibiganiro n’Abakongomani

Kuri uyu wa Kane tariki 5 Kamena , Martin Fayulu utavuga rumwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Edgar wabaye perezida wa Zambia yitabye Imana ku myaka 68

1 Min Read
Mu mahanga

Abasirikare ba RDC babujijwe gushaka bataramaramo imyaka irindwi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania yafunze urubuga rwa X irushinja gukwirakwiza amashusho y’ubusambanyi

1 Min Read
Mu mahanga

Tanzania yafunze itorero rya Pantekote ryamaganye ishimutwa ry’abantu

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?