BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

Amagare: Ntakirutimana yegukanye isiganwa rya Visit Musanze

admin
Last updated: October 13, 2022 9:27 pm
admin
Share
SHARE

Mu irushanwa ry’amagare ryari rigamije gushaka impano, Ntakirutimana Joseph yahize bagenzi be aza imbere, ahembwa igare.

Abasanzwe batwarana abantu n’ibintu ku igare nibo bari muri iri siganwa

Kuri uyu wa Kane i Musanze habaye isiganwa ryateguuwe na Koperative y’abatwara abantu n’ibintu ku magare. Iri siganwa ryabaye ku bufatanye bw’Akarere ka Musanze n’Ishyirahamwe Nyarwanda ry’Umukino wo gusiganwa ku magare [Ferwacy].

Isiganwa ryiswe “Visit Musanze” ryitabiriwe n’abagabo 41 n’abari n’abategarugori 2 aho bazengurutse mu Mujyi wa Musanze ku ntera ingana n’ibilometero 35.

Bamwe mu bayobozi bari baryitabiriye, harimo Murenzi Abdadllah uyobora Ferwafa, Umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Ramuli Janvier n’izindi nzego zishinzwe umutekano muri aka Karere.

Nyuma yo gukora intera yari yagenwe, Ntakirutimana Joseph yaje imbere ya bagenzi be ndetse ahembwa igare rishya rizamufasha gukomeza gukora akazi ke neza.

Nyuma y’iri siganwa, ubuyobozi bwa Ferwacy bwagiye gusura ikipe y’Igihugu iri mu mwiherero mu kigo gisanzwe gifasha abari mu myitozo y’i Musanze.

Abari mu mwiherero ni abatarengeje imyaka 23 bari gutegura amarushanwa atandukanye ari imbere harimo na Tour du Faso iteganyijwe kuzakinwa tariki 11 Ugushyingo. Bari gutegurirwa kuzakina Tour du Rwanda 2023, shampiyona ya Afurika 2023 na shampiyona y’Isi izabera mu Rwanda mu 2025.

Ntakirutimana yahembwe igare rishya
Ramuli Janvier uyobora Akarere ka Musanze yishimiye kubona isiganwa rizanwa muri aka Karere
Murenzi yahise asura abari mu mwiherero
Murenzi Abdallah uyobora Ferwacy yashimiye abanya-Musanze
Ntakirutima Joseph ubwo yari asoje isiganwa
Abanya-Musanze berekanye ko bakunda igare

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abarimu batazi Icyongereza ntibazirukanwa, bazahugurwa- MINEDUC

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC), yavuze ko hari abarimu n’abayobozi b’ibigo bahuguwe ndetse hakiri…

RURA yafatiye MTN Rwanda ibihano 

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko rwafatiye ibihano byo mu rwego rw'ubutegetsi Sosiyete…

Mutamba yasabye ko Minisitiri w’Intebe ahamagazwa mu rubanza rwe

Constant Mutamba Tungunga wabaye Minisitiri w’Ubutabera wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo…

Amatora ya FERWAFA ntavugwaho rumwe n’abagize komite nyobozi

Bamwe mu bagize Komite Nyobozi y’Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda FERWAFA, banditse…

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?