BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Mucoma ari gushakishwa nyuma yo gukubita umuntu intebe

Gakenke: Mucoma ari gushakishwa nyuma yo gukubita umuntu intebe

admin
Last updated: October 13, 2022 2:14 pm
admin
Share
SHARE

Uwitwa Kwizera usanzwe ukora akazi ko kotsa inyama muri kamwe mu tubari two mu isantere ya Ruli mu Karere ka Gakenke, ari gushakishwa nyuma yo gushyamirana n’uwahakoraga amasuku akamukomeretsa amukubise  intebe mu mutwe.

Gakenke ni mu ibara ritukura

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 13 Ukwakira, mu Mudugudu wa Bariza, Akagari ka Ruli mu Murenge wa Ruli, aho aba bombi bagiranye ukutumvikana byatumye umwe akomeretswa.

Ubwo bagiraga ibyo batumva kimwe mucoma witwa Kwizera yaje kubatura intebe akubita Uwimana Martin mu mutwe maze aramukomeretsa, aribwo na we yahise ayabangira ingata aracika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco yahamirije UMUSEKE iby’uru rugomo, avuga ko uwakomerekejwe ubuzima bwe bumeze neza aho ari kwa muganga.

Ati “Ni urugomo rwabereye mu kabari hagati y’abakozi bombi, umwe yari mucoma undi ashinzwe gukora amasuku. Uwakomeretse ari mu bitaro bya Ruli, uwamukomerekeje yahise acika turi kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo yamukomerekeje bikanganye ni intebe yamukubise hejuru y’ijisho ry’iburyo, gusa kubera ko rimwe na rimwe baba banyoye inzoga yahise asa n’uguye igihumure ariko ubu ameze neza.”

Hakizimana Jean Bosco uyobora uyu Murenge wa Ruli yongeye kwibutsa abaturage kwirinda gukora amakosa nk’aya yabagusha mu byaha birinda gukoreshwa n’amarangamutima.

Yagize ati “Mu buzima tubamo bibaho ko abantu bakorana hari ibyo batakumvikaho ariko ni ngombwa ko umuntu amenya gucunga amarangamutima ye ku buryo atageza aho amukoresha icyaha kandi tukitwararika mu mikorere yacu twirinda icyaba intandaro y’intonganya izo arizo zose.”

Izi mvururu zakomerekeyemo Uwimana Martin zikaba zabereye mu kabari k’uzwi ku izina rya Musirikare, kugeza ubu mucoma we akaba agishakishwa kugirango abazwe ibyo yakoze.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?