BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 17, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Gakenke: Mucoma ari gushakishwa nyuma yo gukubita umuntu intebe

Gakenke: Mucoma ari gushakishwa nyuma yo gukubita umuntu intebe

admin
Last updated: October 13, 2022 2:14 pm
admin
Share
SHARE

Uwitwa Kwizera usanzwe ukora akazi ko kotsa inyama muri kamwe mu tubari two mu isantere ya Ruli mu Karere ka Gakenke, ari gushakishwa nyuma yo gushyamirana n’uwahakoraga amasuku akamukomeretsa amukubise  intebe mu mutwe.

Gakenke ni mu ibara ritukura

Ibi byabaye mu ijoro ryo kuri uyu wa Kane, tariki 13 Ukwakira, mu Mudugudu wa Bariza, Akagari ka Ruli mu Murenge wa Ruli, aho aba bombi bagiranye ukutumvikana byatumye umwe akomeretswa.

Ubwo bagiraga ibyo batumva kimwe mucoma witwa Kwizera yaje kubatura intebe akubita Uwimana Martin mu mutwe maze aramukomeretsa, aribwo na we yahise ayabangira ingata aracika.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco yahamirije UMUSEKE iby’uru rugomo, avuga ko uwakomerekejwe ubuzima bwe bumeze neza aho ari kwa muganga.

Ati “Ni urugomo rwabereye mu kabari hagati y’abakozi bombi, umwe yari mucoma undi ashinzwe gukora amasuku. Uwakomeretse ari mu bitaro bya Ruli, uwamukomerekeje yahise acika turi kumushakisha kugira ngo ashyikirizwe ubutabera.”

Yakomeje agira ati “Ntabwo yamukomerekeje bikanganye ni intebe yamukubise hejuru y’ijisho ry’iburyo, gusa kubera ko rimwe na rimwe baba banyoye inzoga yahise asa n’uguye igihumure ariko ubu ameze neza.”

Hakizimana Jean Bosco uyobora uyu Murenge wa Ruli yongeye kwibutsa abaturage kwirinda gukora amakosa nk’aya yabagusha mu byaha birinda gukoreshwa n’amarangamutima.

Yagize ati “Mu buzima tubamo bibaho ko abantu bakorana hari ibyo batakumvikaho ariko ni ngombwa ko umuntu amenya gucunga amarangamutima ye ku buryo atageza aho amukoresha icyaha kandi tukitwararika mu mikorere yacu twirinda icyaba intandaro y’intonganya izo arizo zose.”

Izi mvururu zakomerekeyemo Uwimana Martin zikaba zabereye mu kabari k’uzwi ku izina rya Musirikare, kugeza ubu mucoma we akaba agishakishwa kugirango abazwe ibyo yakoze.

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Santarafurika: Amb Kayumba yagiranye ibiganiro n’aba ofisiye ba RCS

Ambasaderi w’u Rwanda muri Santarafurika, Olivier Kayumba, yagiranye ibiganiro n’ Abakozi b’Urwego…

DRC: Igitero cy’abasirikare ba Kinshasa mu mirima ya Joseph Kabila cyamaganwe n’imiryango itari iya leta

Imiryango itari iya Leta muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yahagurutse iri…

Agakoriro ka Gisozi kagiye kwimurirwa mu cyanya cy’inganda i Masoro

Umujyi wa Kigali watangaje ko ibikorwa by’ububaji n’ibindibyakoreraga mu Gakiriro ka Gisozi…

Min Olivier Nduhungirehe Nduhungirehe yaganiriye na mugenzi we waTurkmenistan  

Minisitiri w'ububanyi n'amahanga n'ubutwwrerane w'u Rwanda Olivier Nduhungirehe yagiranye ikiganiro kuri Telefone…

U Rwanda ruritegura kwakira inama ikomeye ya OIF

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga n’ubutwererane, Amb Olivier Nduhungirehe, yatangaje ko u Rwanda rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?