BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Perezida wa Kiyovu yongeye kwihenura kuri Rayon Sports

Perezida wa Kiyovu yongeye kwihenura kuri Rayon Sports

admin
Last updated: October 10, 2022 12:45 pm
admin
Share
SHARE

Mvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports, yahaye ubutumwa mucyeba, Rayon Sports, ayibutsa ko kuyitwara igikombe cya Made in Rwanda Cup 2022 biruta kwegukana icy’Isi.

Mvukiyehe Juvénal n’abakunzi ba Kiyovu mu byishimo byinshi byo kwegukana igikombe

Ku Cyumweru tariki 9 Ukwakira 2022, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Kiyovu Sports ibitego 2-1, iyitwara igikombe cyateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge gifatanyije n Ferwafa.

Nyuma y’uyu mukino, perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal wasazwe n’ibyishimo, yavuze ko kwegukana igikombe ikipe abereye umuyobozi itsinze Rayon Sports, bimurutira kwegukana igikombe cy’Isi.

Ati “Iki gikombe dutwaye, njyewe ku bwanjye kindutira igikombe cya Champions League cyangwa igikombe cy’Isi. Gutwara igikombe mucyeba duhora duhangana ntako bisa. Mucyeba namukatiyeho umurongo. Agomba kuzajya atubona akiruka. Imvura yagwa, itagwa kudukuraho amanota bizamugora.”

Mu gihe umuyobozi w’ikipe avuga ibi, kapiteni wungirije, Serumogo Ally yavuze ko aho gutsindwa na Rayon Sports batsindwa n’izindi kipe zirimo Gicumbi FC.

Ati “Dushobora gutsindwa n’andi makipe ariko muri ayo, Rayon Sports ntizazamo.”

Ikipe ya Kiyovu Sports kuva yayoborwa na Mvukiyehe, ntabwo iratsindwa na Rayon Sports mu mikino igera mu munani amakipe yombi amaze guhura harimo shampiyona n’indi mikino ibiri itari shampiyona.

Serumogo Ally ati twatsindwa n’andi makipe atarimo Rayon

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?