BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Perezida wa Kiyovu yongeye kwihenura kuri Rayon Sports

Perezida wa Kiyovu yongeye kwihenura kuri Rayon Sports

admin
Last updated: October 10, 2022 12:45 pm
admin
Share
SHARE

Mvukiyehe Juvénal uyobora Kiyovu Sports, yahaye ubutumwa mucyeba, Rayon Sports, ayibutsa ko kuyitwara igikombe cya Made in Rwanda Cup 2022 biruta kwegukana icy’Isi.

Mvukiyehe Juvénal n’abakunzi ba Kiyovu mu byishimo byinshi byo kwegukana igikombe

Ku Cyumweru tariki 9 Ukwakira 2022, ikipe ya Rayon Sports yatsindiwe ku mukino wa nyuma na Kiyovu Sports ibitego 2-1, iyitwara igikombe cyateguwe n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge gifatanyije n Ferwafa.

Nyuma y’uyu mukino, perezida wa Kiyovu Sports, Mvukiyehe Juvénal wasazwe n’ibyishimo, yavuze ko kwegukana igikombe ikipe abereye umuyobozi itsinze Rayon Sports, bimurutira kwegukana igikombe cy’Isi.

Ati “Iki gikombe dutwaye, njyewe ku bwanjye kindutira igikombe cya Champions League cyangwa igikombe cy’Isi. Gutwara igikombe mucyeba duhora duhangana ntako bisa. Mucyeba namukatiyeho umurongo. Agomba kuzajya atubona akiruka. Imvura yagwa, itagwa kudukuraho amanota bizamugora.”

Mu gihe umuyobozi w’ikipe avuga ibi, kapiteni wungirije, Serumogo Ally yavuze ko aho gutsindwa na Rayon Sports batsindwa n’izindi kipe zirimo Gicumbi FC.

Ati “Dushobora gutsindwa n’andi makipe ariko muri ayo, Rayon Sports ntizazamo.”

Ikipe ya Kiyovu Sports kuva yayoborwa na Mvukiyehe, ntabwo iratsindwa na Rayon Sports mu mikino igera mu munani amakipe yombi amaze guhura harimo shampiyona n’indi mikino ibiri itari shampiyona.

Serumogo Ally ati twatsindwa n’andi makipe atarimo Rayon

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

RSSB Tigers BBC yegukanye FERWABA Super Cup 2026 ihigitse APR BBC

2 Min Read
Imikino

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

3 Min Read
Imikino

Etincelles FC yahagaritse abatoza bayo kubera umusaruro muke

1 Min Read
Imikino

Bizimana Djihad yasezeye Al Ahli SC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?