BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abafana ba APR FC

Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abafana ba APR FC

admin
Last updated: October 8, 2022 4:34 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko asabye imbabazi akunzi n’abafana ba APR FC nyuma y’igihe imaze “itabaha ibyishimi mu mikino itandukanye”.

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko bari gushaka umuti ku bubazo ikipe ifite

Ni ubutumwa uyu muyobozi yatanze mu kiganiro cy’imikino cya televiziyo y’u Rwanda, ndetse ubutumwa bwe bwandikwa kuri Twitter ya RBA uko yabutanze.

Gen Mubarakh Muganga yanditse ati “Nsabe imbabazi abakunzi ba APR FC ko tutarabaha ibyishimo tubagomba mu mikino myinshi itambutse, kandi turi mu gushaka igisubizo cyabyo kirambye.”

Mu butumwa yohereje mu URUBUGA RW’IMIKINO rwa RBA, yavuze ko ikinyabupfura “discipline” ari yo nkingi ya byose.

Afande Mubarakh nubwo atavuze uko ikibazo kiri muri APR FC ubu kizakemuka, hari abamaze igihe basaba ko mu ikipe habamo impinduka, cyane ibitekerezo byabo bakabitanga ku maradiyo anyuranye akora ibiganiro by’imikino.

Bamwe basanga APR FC igihe kigeze ngo ibe ikipe ihatanira ibikombe bitari shampiyona y’u Rwanda kuko irusha kure ubushobozi amakipe aba ahanganye na yo, bagasaba ko ishakisha abakinnyi b’abanyamahanga bashoboye bagaha urugero begenzi babo b’Abanyarwanda iyi kipe imaze iminsi yarahisemo guha umwanya.

APR FC yatangiye kwibazwaho cyane nyuma yo gusezererwa mu marushanwa nyafurika y’amakipe yabaye ayambere iwayo, CAF Champions Ligue, ikuwemo na US Monastir mu buryo bworoshye (Agr: 3-1).

Nyuma yaho APR FC yatsinze Rwamagana 3-2 bigoranye, biba bibi ku wa Gatanu tariki 07/10/2022 ubwo Bugesera FC yayitsindaga 2-1.

Umutoza wa APR FC, Adil Erradi Muhammed we nyuma y’umukino yavuze ko abakinnyi be batarimo gukina bashyize hamwe nk’ikipe.

Abasesengura basanga abakinnyi ba APR FC, bari ku gitutu nyuma yo gusezererwa mu mikino nyafurika batageze kure nk’uko byagarutswe na Thierry Kayishema ukora urubuga rw’imikino kuri RBA.

Adil Erradi mu ihurizo rikomeye

UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Rukundo says:
    October 8, 2022 at 10:27 pm

    GUHUZA ABAKINNYI NU MUTOZA BAGASASSA INZOBE IMBERE YA BAYOBOZI NIYO NYISHU IRAMBYE YIHUTIRWA ABAKINNYI BAKISANZURA BAKAVUGA UBUNDI TEAM NTA KIBAZO TUGAHERA KURI POLICE DUKUBITA PAKA CHAMP.IRANGIYE NTA GIKUBA CYACITSE.MURAKOZE.

    Reply
    • Jean Nitonteze says:
      October 9, 2022 at 3:49 pm

      Umuntu wese ubangamiye ibyishimo byacu azabibazwe Izikanyarwanda uwatekereje kuzizana Imana izamubabarire ibyoyadukoreye😭😭😭😭

      Reply
  • Rukundo says:
    October 8, 2022 at 10:27 pm

    GUHUZA ABAKINNYI NU MUTOZA BAGASASSA INZOBE IMBERE YA BAYOBOZI NIYO NYISHU IRAMBYE YIHUTIRWA ABAKINNYI BAKISANZURA BAKAVUGA UBUNDI TEAM NTA KIBAZO TUGAHERA KURI POLICE DUKUBITA PAKA CHAMP.IRANGIYE NTA GIKUBA CYACITSE.MURAKOZE.

    Reply
    • Jean Nitonteze says:
      October 9, 2022 at 3:49 pm

      Umuntu wese ubangamiye ibyishimo byacu azabibazwe Izikanyarwanda uwatekereje kuzizana Imana izamubabarire ibyoyadukoreye😭😭😭😭

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?