BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abafana ba APR FC

Gen Mubarakh Muganga yasabye imbabazi abafana ba APR FC

admin
Last updated: October 8, 2022 4:34 pm
admin
Share
SHARE

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko asabye imbabazi akunzi n’abafana ba APR FC nyuma y’igihe imaze “itabaha ibyishimi mu mikino itandukanye”.

Umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko bari gushaka umuti ku bubazo ikipe ifite

Ni ubutumwa uyu muyobozi yatanze mu kiganiro cy’imikino cya televiziyo y’u Rwanda, ndetse ubutumwa bwe bwandikwa kuri Twitter ya RBA uko yabutanze.

Gen Mubarakh Muganga yanditse ati “Nsabe imbabazi abakunzi ba APR FC ko tutarabaha ibyishimo tubagomba mu mikino myinshi itambutse, kandi turi mu gushaka igisubizo cyabyo kirambye.”

Mu butumwa yohereje mu URUBUGA RW’IMIKINO rwa RBA, yavuze ko ikinyabupfura “discipline” ari yo nkingi ya byose.

Afande Mubarakh nubwo atavuze uko ikibazo kiri muri APR FC ubu kizakemuka, hari abamaze igihe basaba ko mu ikipe habamo impinduka, cyane ibitekerezo byabo bakabitanga ku maradiyo anyuranye akora ibiganiro by’imikino.

Bamwe basanga APR FC igihe kigeze ngo ibe ikipe ihatanira ibikombe bitari shampiyona y’u Rwanda kuko irusha kure ubushobozi amakipe aba ahanganye na yo, bagasaba ko ishakisha abakinnyi b’abanyamahanga bashoboye bagaha urugero begenzi babo b’Abanyarwanda iyi kipe imaze iminsi yarahisemo guha umwanya.

APR FC yatangiye kwibazwaho cyane nyuma yo gusezererwa mu marushanwa nyafurika y’amakipe yabaye ayambere iwayo, CAF Champions Ligue, ikuwemo na US Monastir mu buryo bworoshye (Agr: 3-1).

Nyuma yaho APR FC yatsinze Rwamagana 3-2 bigoranye, biba bibi ku wa Gatanu tariki 07/10/2022 ubwo Bugesera FC yayitsindaga 2-1.

Umutoza wa APR FC, Adil Erradi Muhammed we nyuma y’umukino yavuze ko abakinnyi be batarimo gukina bashyize hamwe nk’ikipe.

Abasesengura basanga abakinnyi ba APR FC, bari ku gitutu nyuma yo gusezererwa mu mikino nyafurika batageze kure nk’uko byagarutswe na Thierry Kayishema ukora urubuga rw’imikino kuri RBA.

Adil Erradi mu ihurizo rikomeye

UMUSEKE.RW 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
4 Comments
  • Rukundo says:
    October 8, 2022 at 10:27 pm

    GUHUZA ABAKINNYI NU MUTOZA BAGASASSA INZOBE IMBERE YA BAYOBOZI NIYO NYISHU IRAMBYE YIHUTIRWA ABAKINNYI BAKISANZURA BAKAVUGA UBUNDI TEAM NTA KIBAZO TUGAHERA KURI POLICE DUKUBITA PAKA CHAMP.IRANGIYE NTA GIKUBA CYACITSE.MURAKOZE.

    Reply
    • Jean Nitonteze says:
      October 9, 2022 at 3:49 pm

      Umuntu wese ubangamiye ibyishimo byacu azabibazwe Izikanyarwanda uwatekereje kuzizana Imana izamubabarire ibyoyadukoreye😭😭😭😭

      Reply
  • Rukundo says:
    October 8, 2022 at 10:27 pm

    GUHUZA ABAKINNYI NU MUTOZA BAGASASSA INZOBE IMBERE YA BAYOBOZI NIYO NYISHU IRAMBYE YIHUTIRWA ABAKINNYI BAKISANZURA BAKAVUGA UBUNDI TEAM NTA KIBAZO TUGAHERA KURI POLICE DUKUBITA PAKA CHAMP.IRANGIYE NTA GIKUBA CYACITSE.MURAKOZE.

    Reply
    • Jean Nitonteze says:
      October 9, 2022 at 3:49 pm

      Umuntu wese ubangamiye ibyishimo byacu azabibazwe Izikanyarwanda uwatekereje kuzizana Imana izamubabarire ibyoyadukoreye😭😭😭😭

      Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Politike

Qatar yagennye Ambasaderi mushya mu Rwanda usimbura uwitabye imana 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?