BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Forex Bureau zakomorewe mu Burundi

Forex Bureau zakomorewe mu Burundi

admin
Last updated: October 7, 2022 1:26 pm
admin
Share
SHARE
Banki Nkuru y’u Burundi yakuyeho icyemezo cyo gufunga inzu zikorerwamo ivunjisha mu buryo bwemewe n’amategeko mu biro byabigenewe bizwi nka Forex Bureau.

Forex Bureau zemerewe kongera gukora mu Burundi

Kuri uyu wa 07 Ukwakira 2022 Umukuru wa Banki Nkuru y’u Burundi, Dieudonné Murengerantwari yamenyesheje kandi ko abantu bohererezwa amafaranga y’amanyamahanga bashobora kuyahabwa cyangwa kuyashyira kuri Konte za Banki atabanje guhindurwa mu marundi.

Iki cyemezo cyo kudaha amafaranga y’amanyamaanga Abarundi cyari cyarafashwe mu mwaka wa 2020 mu rwego rwo kugabanya ihanahanwa ryayo imbere mu gihugu.

Icyo gihe yahagaritswe bivugwa ko bigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu no gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Burundi.

Banki Nkuru y’u Burundi yatangaje ko gufata ibyemezo byo gukomorera Forex Bureau no kwakira amafanga y’amanyamahanga hisunzwe uko igihugu cyifashe mu by’ubutunzi.

Yahamgariye abahoze bafite inzu zo kuvunja amafaranga n’abandi bifuza kwinjira muri uwo mwuga mu buryo bwemewe n’amategeko, ko bayigana bakiyandikisha bagahabwa uruhushya rwo gukora.

Banki Nkuru y’u Burundi ivuga ko abantu bemerewe gusa kuvunja amafaranga y’amanyamahanga ari ibigo by’imari ndetse n’ibiro by’ivunjisha gusa, n’ibigo biciriritse bishobora kubisaba bikabihererwa uburenganzira.

Abarundi barasaba ko no mu mitangire ya serivise yemerwa kwishyurwa no kuyakira nko mu  mahoteli, ku kibuga cy’indege n’abacuruza amatike y’indege, ku mipaka n’ahandi.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
Mu mahanga

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?