BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Feb 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Forex Bureau zakomorewe mu Burundi

Forex Bureau zakomorewe mu Burundi

admin
Last updated: October 7, 2022 1:26 pm
admin
Share
SHARE
Banki Nkuru y’u Burundi yakuyeho icyemezo cyo gufunga inzu zikorerwamo ivunjisha mu buryo bwemewe n’amategeko mu biro byabigenewe bizwi nka Forex Bureau.

Forex Bureau zemerewe kongera gukora mu Burundi

Kuri uyu wa 07 Ukwakira 2022 Umukuru wa Banki Nkuru y’u Burundi, Dieudonné Murengerantwari yamenyesheje kandi ko abantu bohererezwa amafaranga y’amanyamahanga bashobora kuyahabwa cyangwa kuyashyira kuri Konte za Banki atabanje guhindurwa mu marundi.

Iki cyemezo cyo kudaha amafaranga y’amanyamaanga Abarundi cyari cyarafashwe mu mwaka wa 2020 mu rwego rwo kugabanya ihanahanwa ryayo imbere mu gihugu.

Icyo gihe yahagaritswe bivugwa ko bigira ingaruka ku bukungu bw’igihugu no gutakaza agaciro k’ifaranga ry’u Burundi.

Banki Nkuru y’u Burundi yatangaje ko gufata ibyemezo byo gukomorera Forex Bureau no kwakira amafanga y’amanyamahanga hisunzwe uko igihugu cyifashe mu by’ubutunzi.

Yahamgariye abahoze bafite inzu zo kuvunja amafaranga n’abandi bifuza kwinjira muri uwo mwuga mu buryo bwemewe n’amategeko, ko bayigana bakiyandikisha bagahabwa uruhushya rwo gukora.

Banki Nkuru y’u Burundi ivuga ko abantu bemerewe gusa kuvunja amafaranga y’amanyamahanga ari ibigo by’imari ndetse n’ibiro by’ivunjisha gusa, n’ibigo biciriritse bishobora kubisaba bikabihererwa uburenganzira.

Abarundi barasaba ko no mu mitangire ya serivise yemerwa kwishyurwa no kuyakira nko mu  mahoteli, ku kibuga cy’indege n’abacuruza amatike y’indege, ku mipaka n’ahandi.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uganda: Bane bafunzwe bazira kwiyitirira umukobwa wa Museveni

Polisi ya Uganda yatangaje ko yataye muri yombi abantu bane bakekwaho kwiyitirira…

Byemejwe ko ingabo za Afurika y’Epfo zose zari muri Congo muri MONUSCO zigiye gutaha

Ubuyobozi bw’Ingabo ziri mu Butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira…

Umwe mu bayobozi bakuru ba MONUSCO yageze i Kishasa

Umunyamabanga mukuru wungirije wa ONU ushinzwe ibikorwa by’ingabo zo kubungabunga amahoro muri…

U Bufaransa; Urubanza rw’impanga zikekwaho ubwicanyi rwabaye ingorabahizi

Impanga zisa ndetse zihuje n'ibimenyetso ndangasano (DNA) zirakekwaho ubwicanyi bwakorewe abantu babiri…

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

Ihuriro AFC/M23 ryashinje Komisiyo y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe gushyigikira ubugizi bwa…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Perezida Samia Suluhu yijeje Museveni umusanzu mu biganiro byo kugarura amahoro mu karere

2 Min Read
Mu mahanga

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

2 Min Read
Mu mahanga

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

1 Min Read
Mu mahanga

Umuhungu wa Muammar Gaddafi yitabye Imana, hakekwa kuraswa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?