BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Alarm Ministries bakoze igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye-AMAFOTO

Alarm Ministries bakoze igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye-AMAFOTO

admin
Last updated: October 3, 2022 11:24 am
admin
Share
SHARE

Itsinda rikora ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo zo kuramya Imana rya Alarm Ministries riri no mu yashinzwe bwa mbere mu Rwanda, ryishimiwe cyane mu gitaramo cyahuruje imbaga mu mpera z’iki cyumweru.

Itsinda rya Alarm Ministries ryari ryabukereye muri iki gitaramo

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa 02 Ukwakira 2022. Ibi birori byitabiriwe mu buryo bukomeye n’abakunzi b’iri tsinda cyiswe “Alarm Sound.”

Iki gitaramo cyabereye mu ihema rya Kigali Cultural and Exhibition Village [KCEV] hahoze hitwa Camp Kigali cyayobowe na Rev.Alain Numa ndetse kiririmbwamo n’iri tsinda gusa.

Mu myambaro myiza y’urwererane, Alarm Ministries ntiyategereje ko ihema rya Camp Kigali ryuzura neza, bitewe n’akavura kabanje kubakanga, batangiye kuririmba ahagana isaa 17 zirengaho iminota mike.

Baririmbye indirimbo zabo zitandukanye zirimo izo abantu bakunze mu gihe cya mbere, ndetse bakajya bananyuzamo bakaganiriza abari baje kubashyigikira muri iki gitaramo.

Umuyobozi wa Alarm Ministries, yabwiye abitabiriye iki gitaramo ko bashimishijwe nabo, ashimira Wilson Mugema umuyobozi wa Sensitive LTD, kompanyi yabateguriye iki gitaramo, ndetse anashimira n’abandi baririmbyi bakitabiriye.

Ahagana ku i saa mbili (20h10) abaririmbyi ba Alarm Ministries bagarutse ku rubyiniriro mu myambaro itandukanye n’iyo bari bambaye. Bashimishije abantu mu ndirimbo zabo zitandukanye zirimo ‘Hashimwe izina, Mungu ni Yule Yule ndetse n’izindi zitandukanye.

Iki gitaramo kandi kitabiriwe n’abantu batandukanye barimo umuraperi Riderman, Anita Pendo, Patient Bizimana ndetse na Bosco Nshuti nawe uri gutegura ikindi mu mpera z’Ukwakira.

Sensitive Ltd ikorana n’abahanzi batandukanye ndetse n’amatsinda, dore ko baherutse gutegurira igitaramo Prosper Nkomezi aherutse gukorera muri Kenya.

Byari ibicika muri iki gitaramo
Umuraperi Riderman n’umuramyi Patient Bizimana bari bizihiwe
Basimbutse bajya mu bicu
Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba Dj Anita Pendo yitabiriye iki gitaramo


MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
Imyidagaduro

Urubanza rw’abakurikiranyweho gukwirakwiza amashusho ya Yampano atera akabariro rwasubitswe

2 Min Read
Imyidagaduro

Abambere basakaje amashusho ya Yampano bagejejwe imbere y’urukiko

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?