BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Alarm Ministries bakoze igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye-AMAFOTO

Alarm Ministries bakoze igitaramo kitabiriwe n’ibyamamare bitandukanye-AMAFOTO

admin
Last updated: October 3, 2022 11:24 am
admin
Share
SHARE

Itsinda rikora ivugabutumwa rinyuze mu ndirimbo zo kuramya Imana rya Alarm Ministries riri no mu yashinzwe bwa mbere mu Rwanda, ryishimiwe cyane mu gitaramo cyahuruje imbaga mu mpera z’iki cyumweru.

Itsinda rya Alarm Ministries ryari ryabukereye muri iki gitaramo

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa 02 Ukwakira 2022. Ibi birori byitabiriwe mu buryo bukomeye n’abakunzi b’iri tsinda cyiswe “Alarm Sound.”

Iki gitaramo cyabereye mu ihema rya Kigali Cultural and Exhibition Village [KCEV] hahoze hitwa Camp Kigali cyayobowe na Rev.Alain Numa ndetse kiririmbwamo n’iri tsinda gusa.

Mu myambaro myiza y’urwererane, Alarm Ministries ntiyategereje ko ihema rya Camp Kigali ryuzura neza, bitewe n’akavura kabanje kubakanga, batangiye kuririmba ahagana isaa 17 zirengaho iminota mike.

Baririmbye indirimbo zabo zitandukanye zirimo izo abantu bakunze mu gihe cya mbere, ndetse bakajya bananyuzamo bakaganiriza abari baje kubashyigikira muri iki gitaramo.

Umuyobozi wa Alarm Ministries, yabwiye abitabiriye iki gitaramo ko bashimishijwe nabo, ashimira Wilson Mugema umuyobozi wa Sensitive LTD, kompanyi yabateguriye iki gitaramo, ndetse anashimira n’abandi baririmbyi bakitabiriye.

Ahagana ku i saa mbili (20h10) abaririmbyi ba Alarm Ministries bagarutse ku rubyiniriro mu myambaro itandukanye n’iyo bari bambaye. Bashimishije abantu mu ndirimbo zabo zitandukanye zirimo ‘Hashimwe izina, Mungu ni Yule Yule ndetse n’izindi zitandukanye.

Iki gitaramo kandi kitabiriwe n’abantu batandukanye barimo umuraperi Riderman, Anita Pendo, Patient Bizimana ndetse na Bosco Nshuti nawe uri gutegura ikindi mu mpera z’Ukwakira.

Sensitive Ltd ikorana n’abahanzi batandukanye ndetse n’amatsinda, dore ko baherutse gutegurira igitaramo Prosper Nkomezi aherutse gukorera muri Kenya.

Byari ibicika muri iki gitaramo
Umuraperi Riderman n’umuramyi Patient Bizimana bari bizihiwe
Basimbutse bajya mu bicu
Umunyamakuru akaba n’umushyushyarugamba Dj Anita Pendo yitabiriye iki gitaramo


MUNEZERO MILLY FRED / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?