BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Rusizi: Abantu 4 barimo abaganga babiri bapfiriye mu mpanuka  

Rusizi: Abantu 4 barimo abaganga babiri bapfiriye mu mpanuka  

admin
Last updated: October 3, 2022 9:52 am
admin
Share
SHARE

Imodoka ya ambulance y’Ikigo Nderabuzima cya Nyabitimbo yari yajyanye umurwayi ku Bitaro bya Mibirizi, isubira i Nyabitimbo yakoze impanuka ikomeye abantu batandatu bari bayirimo, bane barimo umwana w’umwaka umwe habita bapfa.

Imbangukiragutabara yavaga ku Bitaro bya Mibirizi

Yari itwaye abaforomo babiri b’ikigo ndebuzima cya Nyabitimbo, umwana ufite ikigero cy’umwaka w’umubyaza n’undi muntu umwe utaramenyeka, bose uko ari bane bapfuye.

Umushoferi n’umubyaza bakomeretse bikomeye, bajyanwa ku bitaro bya Mibirizi.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere ku itariki ya 03 Ukwakira 2022, mu mudugudu wa Bunyereri, Akagali ka Kiziho, umurenge wa Nyakabuye, mu karere ka Rusizi niho iriya mpanuka yabereye.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyakabuye, Kamali Innocent yabwiye UMUSEKE ko impanuka yabaye ubwo imodoka ya ambulance yavaga ku Bitaro bya Mibirizi ijya ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo.

Ati “Mu rukerera saa kumi n’imwe zishyira saa kumi n’ebyiri, imbangukiragutabara yavaga ku bitaro bya Mibirizi ijya ku kigo nderabuzima cya Nyabitimbo, igaruye abarwaza yakoze impanuka abantu batandatu bari bayiromo bane bayiguyemo.”

Icyateye impanuka nubwo kitaramenyekana, uriya muyobozi avuga ko bigaragara ko shoferi yabuze feri.

Birakekwa ko umushoferi yabuze feri

MUHIRE DONATIEN
UMUSEKE.RW I RUSIZI.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
5 Comments
  • NTAKIRUTIMANA J says:
    October 3, 2022 at 10:16 am

    Imana ibakire mubayo disi weeee

    Reply
  • NTAKIRUTIMANA J says:
    October 3, 2022 at 10:16 am

    Imana ibakire mubayo disi weeee

    Reply
  • NTAKIRUTIMANA J says:
    October 3, 2022 at 10:18 am

    Imana ibakire mubayo disi weeee

    Reply
  • NTAKIRUTIMANA J says:
    October 3, 2022 at 10:18 am

    Imana ibakire mubayo disi weeee

    Reply
  • Irankunda vincent says:
    October 3, 2022 at 11:23 am

    Twihanganishije imiryango yabuze abayo kdi imana ibakire.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?