BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ebola ntizatuma ubuzima buhagarara – Museveni

Ebola ntizatuma ubuzima buhagarara – Museveni

admin
Last updated: September 30, 2022 10:24 am
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yavuze ko atazigera ategeko ko ingendo ziharagara, cyangwa ibindi bikorwa by’ubuzima ntibikomeze kubera Ebola.

Yoweri Museveni yagejeje ijambo ku baturage ba Uganda ku wa Gatatu nijoro

Yavuze ko ahamiriza abatuye Uganda ko Leta yabo ifite ubushobozi bwo guhangana na Ebola ikayikumira

Ati “Nta mpamvu yo guhagarika guhumeka, nta bwoba, nta kubuza urujya n’uruza, cyangwa gufunga ahantu nyabagendwa nk’amashuri, amasoko, insengero n’ahandi, nta mpamvu ifatika.”

Yavuze ko abakozi bashinzwe ubuzima bazakora ibishoboka bagakumira Ebola, ibintu bigakomeza kugenda neza

Ati “Ndasaba abantu gufatanya n’abashinzwe ubuzima, bakagaragaza buri muntu wese ugaragaza ibimenyetso bisa n’ibya Ebola.”

Inzego zishinzwe ubuzima muri Uganda, zitangaza ko abantu 31 byemejwe ko banduye Ebola ifite inkomoko muri Sudan.

Abanduye barimo abakora mu rwego rw’ubuzima batandatu, barimo abaganga bane, ushinzwe gutera ibinya n’umunyeshuri wiga ubuvuzi.

Perezida Museveni mu ijoro ryo ku wa Gatatu yasabye abanya-Uganda kwirinda kwegera umuntu uva amaraso, ucibwamo, cyangwa uruka kugira ngo bataba bakwandura.

Museveni yanasabye abaturage kwirinda kuramukanya bahana ibiganza, anavuga ko bagishakisha uko bakingira abaturage iki cyorezo cya Ebola, cyamenyekanye bwa mbere tariki 06 z’ukwezi kwa munani 2022.

Uganda yari imenyereye Ebola yo mu bwoko bwa Zaire, ikunze kwibasira Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?