BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Ebola ntizatuma ubuzima buhagarara – Museveni

Ebola ntizatuma ubuzima buhagarara – Museveni

admin
Last updated: September 30, 2022 10:24 am
admin
Share
SHARE

Perezida Yoweri Museveni yavuze ko atazigera ategeko ko ingendo ziharagara, cyangwa ibindi bikorwa by’ubuzima ntibikomeze kubera Ebola.

Yoweri Museveni yagejeje ijambo ku baturage ba Uganda ku wa Gatatu nijoro

Yavuze ko ahamiriza abatuye Uganda ko Leta yabo ifite ubushobozi bwo guhangana na Ebola ikayikumira

Ati “Nta mpamvu yo guhagarika guhumeka, nta bwoba, nta kubuza urujya n’uruza, cyangwa gufunga ahantu nyabagendwa nk’amashuri, amasoko, insengero n’ahandi, nta mpamvu ifatika.”

Yavuze ko abakozi bashinzwe ubuzima bazakora ibishoboka bagakumira Ebola, ibintu bigakomeza kugenda neza

Ati “Ndasaba abantu gufatanya n’abashinzwe ubuzima, bakagaragaza buri muntu wese ugaragaza ibimenyetso bisa n’ibya Ebola.”

Inzego zishinzwe ubuzima muri Uganda, zitangaza ko abantu 31 byemejwe ko banduye Ebola ifite inkomoko muri Sudan.

Abanduye barimo abakora mu rwego rw’ubuzima batandatu, barimo abaganga bane, ushinzwe gutera ibinya n’umunyeshuri wiga ubuvuzi.

Perezida Museveni mu ijoro ryo ku wa Gatatu yasabye abanya-Uganda kwirinda kwegera umuntu uva amaraso, ucibwamo, cyangwa uruka kugira ngo bataba bakwandura.

Museveni yanasabye abaturage kwirinda kuramukanya bahana ibiganza, anavuga ko bagishakisha uko bakingira abaturage iki cyorezo cya Ebola, cyamenyekanye bwa mbere tariki 06 z’ukwezi kwa munani 2022.

Uganda yari imenyereye Ebola yo mu bwoko bwa Zaire, ikunze kwibasira Repubulika ya Demokarasi ya Congo.

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Nta Gihugu gishobora kwemeza ko cyageze ku iterambere rirambye mu gihe abagore bagipfa batanga ubuzima-PM Dr.Nsengiyumva

Minisitiri w’Intebe w’u Rwanda, Dr Justin Nsengiyumva witabiriye ibikorwa by’Inama y’Abakuru b’Ibihugu…

Amateka y’umunsi w’abakundana wa ‘Saint Valentin’

Ubusanzwe umunsi wa Saint Valentin wizihizwa tariki 14 Gashyantare ku Isi hose…

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

Leta ya Ethiopia yambuye abanyamakuru batatu bakorera Ibiro Ntaramakuru, Reuters, uruhushya rwo…

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

Raporo yashyizwe ahagaragara n'Umuryango w'Abibumbye (UN), ivuga ko umutwe urwanya ubutegetsi bwa…

Gen. Muhoozi agiye kugenderera u Rwanda

Umugaba Mukuru w’Ingabo za Uganda, Gen. Muhoozi Kainerugaba, yatangaje ko ateganta kuzasura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Paul Mackenzie yongeye kuregwa ku rupfu rw’abandi bantu 52 nyuma y’abarenga 400 asanzwe akurikiranywaho

2 Min Read
Mu mahanga

Kenya: Abakora mu bwikorezi bwo mu kirere bateguje imyigaragambyo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?